Al-Hilal izaba isabwa gutsinda uyu mukino uzabera muri Stade Amahoro guhera Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba kugira ngo igere muri ½ cya CAF Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu, Umutoza Laurențiu Reghecampf yavuze ko yateguje abakinnyi be uko ari wo mukino ukomeye uzagena byose.
Ati “Turiteguye, twiteguye umukino wo kwishyura. Nabivuze mbere y’umukino ubanza muri Maroc ko uzaba ari umukino ukomeye, tutitaye ku biwuvamo, umukino wa nyuma uzabera i Kigali muri Stade Amahoro kubera ko amakipe yombi akomeye ndetse afite abakinnyi beza biteguye guhindura umusaruro uwo ari wo wose w’umukino ubanza.”
Reghecampf yashimangiye ko bashaka gukosora amakosa bakoze mu mukino ubanza wabereye muri Maroc ukarangira ari igitego 1-1.
Ati “Ni yo mpamvu twagerageje kureba imikinire y’umukino ubanza, tureba amakosa dukora, ibyo twakora neza kurushaho ejo nimugoroba. Nizeye ko ikipe yanjye izaba yiteguye ku mugoroba w’ejo.”
Yongeyeho ko bafite amahirwe ko batatsindiwe muri Maroc, byongeye bakaba bagiye gukinira muri stade yabo.
Rutahizamu w’iyi kipe, Sunday Damilare, na we yashimangiye ko biteguye neza uyu mukino. Ati “Turabizi ko tugiye guhura n’ikipe nziza, rero tubifite muri gahunda. Tuzitanga, tuzakurikiza amabwiriza y’umutoza.”
Myugariro Steven Ebuela ni we utazakina uyu mukino ku ruhande rwa Al-Hilal kubera ikarita itukura yabonye mu minota y’inyongera y’umukino ubanza.
RS Berkane na yo ntiyaje gutembera
Umutoza Mukuru w’Ikipe ya RS Berkane yo muri Maroc, Mouin Chaâbani, na we yavuze ko umukino bafitanye na Al-Hilal SC uzaba ukomeye.
Ati “Umukino ubanza wari ukomeye ku makipe yombi, uwo kwishyura uzaba ufite amahirwe angana ku makipe yombi kandi na wo uzaba ukomeye.”
Ku bijyanye no kuba Al-Hilal zigiye gukina itaratsindirwa muri Stade Amahoro mu gihe RS Berkane itajya itsindira hanze, Chaâbani yavuze ko ibyo babizi kandi na bo hari icyo bagomba gukora.
Ati “Twatsinze umukino wo hanze mu matsinda, gusa hano biratandukanye. Hari iminota 90, umukino w’ejo uzaba utandukanye kuko tuzahura n’ikipe itarigeze itsindirwa iwabo, ariko turi hano kugira ngo tugire icyo dukora.”
Myugariro w’iyi kipe, Hamza El Moussaoui, we yabwiye abanyamakuru ko intego bageranye i Kigali ari iyo kuhakura itike ya ½ cya CAF Champions League.
Ati “Umukino ubanza wararangiye, uwo kwishyura twawiteguye dushaka ko dusubirana muri Maroc intsinzi kandi turizera ko tuzabigeraho hamwe n’Imana.”
Itike izakoreshwa kuri uyu mukino wa 1/4 cya CAF Champions League, ni na yo umufana azareberaho umukino wa Shampiyona uzahuza Rayon Sports na Gasogi United zizakina nyuma yaho.
Kwinjira ni 2000 Frw mu myanya isanzwe hasi no hejuru, 15000 Frw muri VIP, 50.000 Frw muri VVIP, 100.000 Frw muri Executive Seats na miliyoni 1 Frw muri Skybox.
Amatike aguriwa kuri *939*3*2# n’aha.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!