Uyu myugariro akaba na Kapiteni wa RS Berkane yo muri Maroc, yatsinzwe isuzuma ry’ibyongerambaraga bitemewe muri siporo ahagarikwa iminsi 30, iminsi ibiri y’umukino ubanza wahuje iyi kipe na Al Hilal SC.
Icyakora iki gihano cyakuweho ku munsi w’umukino, bityo Hamza El Moussaoui akina uyu mukino wabereye muri Stade Amahoro tariki ya 22 Werurwe 2026.
Ni ikirego cya kabiri iyi kipe yo muri Sudani yatanze kuri uyu mukino kuko yari iherutse kurega abasifuzi ivuga ko yarenganyijwe.
Mu mashusho aherekeza iki kirego harimo igitego cyayo cyanzwe binyuze mu mashusho ya VAR.
Iyi kipe yo muri Sudani, umukino warangiye yatsinzwe igitego 1-0 mu minota y’inyongera bityo isezererwa ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi.
Ayo mashusho kandi agaragaza ko ikosa ryakozwe n’umukinnyi wa RS Berkane, kuko byanavuyemo imvune kuri myugariro wa Al-Hilal SC, Saeed Ahmed, wanasohowe ku ngobyi.
Al Hilal SC ishingira ku ngingo ya gatanu y’amategeko yo gukoresha VAR, ivuga ko iyo umusifuzi yaretse umukino ugakomeza, nta mpamvu yo kongera kuwusubiza inyuma bajya kureba ikosa ryari ryakozwe kare. Ikindi kandi ni uko umwanya watakaye hajya gusuzumwa ayo mashusho, utigeze wongerwaho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!