00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Al Nasr yasubiye muri Libya (Amafoto)

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 10 October 2022 saa 10:15
Yasuwe :

Nyuma yo kunganya na AS Kigali mu mukino ubanza w’Ijonjora rya Kabiri rya Caf Confederation Cup, Ikipe ya Al Nasr yasubiye iwabo muri Libya igiye kwitegura umukino wo kwishyura uzaba ku Cyumweru, tariki ya 16 Ukwakira.

Al Nasr yahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe ku mugoroba wo ku wa Mbere, tariki ya 10 Ukwakira 2022.

Iyi kipe yo mu Mujyi wa Benghazi mu mukino ubanza yakiniye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye, yanganyije na AS Kigali 0-0, ku wa 8 Ukwakira 2022.

Nyuma y’amasaha make ikinnye, Al Nasr yiteguraga gusubira iwayo muri Libya yakoreye imyitozo kuri Stade Mumena ku Cyumweru.

Ubusanzwe Al Nasr ibarizwa mu Mujyi wa Benghazi ufatwa nk’icyambu cya kabiri mu bunini muri Libya ndetse ukora ku Nyanja ya Méditerranée.

Ni umujyi utuwe n’abakunzi b’imikino cyane dore ko ubarizwamo amakipe ane kandi akomeye yo mu cyiciro cya mbere muri Shampiyona ya Libya ari yo Al-Ahly Benghazi, Al Hilal Benghazi, Al Tahhaddi Benghazi ndetse na Al Nasr Benghazi izakira AS Kigali mu mukino wo kwishyura.

Al Nasr yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali saa Munani z’amanywa, yajyanye n’indege ya Ethiopian Airlines.

Yajyanye abakinnyi bose, abatoza ndetse n’abandi bashinzwe ubuzima bwa buri munsi bwayo, nta wagiriye ikibazo i Kigali.

Biteganyijwe ko AS Kigali izakira mu mukino wo kwishyura, izahaguruka mu Rwanda ku wa Gatatu, tariki ya 12 Ukwakira 2022, yerekeza muri Libya.

Biteganyijwe ko ikipe izakomeza mu cyiciro gikurikiyeho hagati ya AS Kigali na Al Nasr izahura n’izaba yasezerewe muri CAF Champions League, izakomeza ni yo izagera mu matsinda.

Berekeje ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali muri bus ya Volcano
Umutoza Mukuru wa Al Nasr, Zoran Milinković, yagiye yicaranye na Umwungeri Patrick wabafashaga mu gihe cyose bari bamaze mu Rwanda
Umwungeri Patrick wahagaritse gukina umupira w'amaguru ubu akaba ari umutoza wa gatatu wa AS Kigali ni we wasohotse mbere muri iyi modoka
Umutoza mukuru wa Al Nasr, Zoran Milinković na we yakurikiyeho
Basubiye iwabo muri Libya kwitegura umukino wo kwishyura bazakiramo AS Kigali
Abakinnyi ba Al Nasr bishimiye ikirere cy'u Rwanda
Basubiyeyo bashima isuku basanze mu Rwagasabo
Al Nasr yasubiye muri Libya kwitegura umukino wo kwishyura
Basubiye iwabo bishimira uko bakiriwe, bari bafite akanyamuneza
Ushinzwe gufata amafoto ya Al Nasr yahagaze imbere ya camera ya IGIHE ngo afate ifoto y'urwibutso azajya yibukiraho ibihe byiza yagiriye mu rw'Imisozi igihumbi
Ushinzwe Ibikoresho bya Al Nasr yinjira aho agomba kwerekana impapuro z'inzira no gusakwa ngo akomeze aho ari bufatire indege
Al Nasr yageze mu Rwanda ifite ibikoresho byuzuye
Bishimiye ibihe byiza bagiriye mu Rwanda mu gihe bahamaze
Umwungeri Patrick asezera ku mufotozi wa Al Nasr amwifuriza urugendo rwiza

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages