00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Alcaraz yegukanye Australian Open 2026 atsinze Djokovic yandika amateka mashya

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 1 February 2026 saa 05:37
Yasuwe :

Umunya-Espagne, Carlos Alcaraz yatsinze Umunya-Serbie, Novak Djokovic amaseti atatu kuri imwe (2-6, 6-2, 6-3,7-5) yegukana Australian Open ku nshuro ya mbere mu mateka.

Uyu mukino wa nyuma wabaye ku Cyumweru, tariki 1 Gashyantare 2026 i Melbourne muri Australie.

Wari utegerejwe cyane kuko Djokovic yawugiyemo yifuza kwegukana iri rushanwa agakora amateka yo gutwara ‘Grand Slams’ nyinshi ariko akanahagarika Alcaraz wari umaze kumutsinda inshuro ebyiri ziheruka.

Ku rundi ruhande, Alcaraz nawe yasabwaga gutsinda uyu mukino akandika amateka yo kwegukana amarushanwa yose akomeye muri Tennis.

Djokovic yatangiye neza umukino atsinda iseti ya mbere (6-2), mbere yo kwigaranzurwa agatsindwa eshatu zakurikiye.

Carlos Alcaraz yakoze amateka yo kwegukana amarushanwa yose akomeye yo muri Tennis azwi nka Grand Slams akiri muto, aho afite imyaka 22.

Ayo marushanwa ni Australian Open, US Open, Wimbledon na Roland Garros.

Novak Djokovic yatangiye umukino mbere yo kwigaranzurwa
Alcaraz ntiyiyumvishaga ko asubiriye Djokovic
Carlos Alcaraz byamurenze aryama hasi
Ibyishimo byari byose kuri Carlos Alcaraz
Alcaraz yanditse amateka yo kwegukana Grand Slam zose ari muto
Carlos Alcaraz akomeje gushimangira ko ari umukinnyi ukomeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages