Alton Basketball Academy yazamukiyemo abakinnyi batandukanye, izazana i Kigali amakipe yayo y’abatarengeje imyaka 12 mu bakobwa, ndetse n’abatarengeje imyaka 16 na 18 mu bahungu n’abakobwa, aho bashaka kwipima ku ruhando mpuzamahanga.
Iyi kipe ubusanzwe yitoreza muri Fast Sports Fusion mu gace ka Bugolobi yagiye ishimwa n’abagize ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Uganda kubera uruhare rwayo mu guteza imbere uyu mukino muri iki Gihugu.
Yazamuye abakinnyi batandukanye bakinira ikipe z’igihugu z’abato nka Mathew Kisakye na Brighton Galiwango bari mu ikipe iheruka gutsinda u Rwanda mu batarengeje imyaka 18.
Alton Asiimwe uyobora iri rerero yatangaje ko urugendo rw’i Kigali ari intangiro ya gahunda yabo yo kugera kure no gukomeza kongerera ubushobozi abakinnyi babo, aho bizera ko uyu mwiherero uzasiga hari urundi rwego bagezeho.
Mu mikino ya gicuti bateganya gukina mu cyumweru gitaha, harimo uwo bazahura na Kaminuza ya Kepler, mu gihe amakipe yabo y’abato azakina imikino itandukanye izabera muri “Gymnase” ya LDK.
Iki kibuga gifite ubushobozi bwo kwakira abafana 1500, cyatashywe ku mugaragaro tariki 10 Gashyantare 2023 n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa; Umuyobozi wa NBA Africa, Victor Williams n’uw’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), Mugizwa Désiré.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!