00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto ya Savio wakiniraga Rayon Sports mu mwenda mushya wa AS Kigali

Yanditswe na Manzi Rema Jules
Kuya 29 June 2017 saa 11:51
Yasuwe :

Kuri uyu wa Gatatu nyuma yo gusezerwa kwa Rayon Sports nibwo Dominique Nshuti Savio yemeje ko ari umukinnyi wa AS Kigali kuko yabashije kumuha ibyo yifuzaga birimo miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda, imodoka ndetse n’inzu.

Uyu musore w’imyaka 20, yakoze amateka yari atarakorwa n’undi mukinyi muri ruhago y’u Rwanda yo gutangwaho akayabo ava mu ikipe imwe ajya mu yindi hano imbere mu gihugu akuraho aka Bizimana Djihad na Usengimana Faustin bahawe miliyoni 10 bava muri Rayon Sports bajya muri APR FC na Kwizera Pierrot wahawe nk’aya yongera amasezerano muri Rayon Sports umwaka ushize.

Nk’uko isanzwe ibikora iyo yasinyishije umukinnyi mushya, AS Kigali yashyize hanze amafoto atandukanye ya Savio ashyira umukono ku masezerano ari kumwe n’Umutoza Nshimiyimana Eric; Umunyamabanga Mukuru w’iyi kipe, Nshimiye Joseph ndetse n’umuhagarariye.

Savio wazamukiye mu Isonga FC mbere yo kujya muri Rayon Sports muri Nyakanga 2015, ni umwe mu bakinnyi bakiri bato bitezweho kuzavamo abakinnyi bakomeye ari nayo mpamvu mu masezerano yasinyiye AS Kigali harimo ingingo ivuga ko igihe hari ikipe yo hanze imwifuje azatangwaho ibihumbi 80 000 by’amadorali, ni arenga miliyoni 65 z’amanyarwanda.

Uyu musore yari yabanje kwifuzwa cyane na APR FC gusa ntibumvikana ku mafaranga n’ibindi agomba guhabwa naho Rayon Sports yari asanzwe akinira yamubwiye ko ifite miliyoni umunani azitera utwatsi yerekeza muri AS Kigali. Bivugwa ko APR FC yashakaga kumuha miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo ayisinyire.

Savio ahabwa umwambaro azajya yambara muri iyi kipe
Savio ari kumwe na Eric Nshimiyimana ugiye kuba umutoza we
Savio ahabwa umwambaro azajya yambara muri iyi kipe
Mu byishimo byinshi, Savio asuhuzanya na Nshimiye Joseph
Uyu musore yamaze kugera mu Ikipe y'Umujyi wa Kigali bidasubirwaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages