Mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 11 Kanama 2026, ni bwo aba bakinnyi bari kumwe n’umutoza wabo, Byukusenge Nathan, bageze i Kigali kuri bavuye gukina iri siganwa ribera mu mihanda yo mu misozi.
Iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya gatatu kuva ryakwitirirwa Madamu Chatal Biya, aho mu byiciro by’abagore n’abagabo bahatanye mu mihanda y’ibilometero 11,3 byo mu gace ka Bagofit.
Mu bagore bakuru, Martha Ntakirutimana yegukanye umwanya wa mbere ahabwa umudali wa Zahabu, akurikirwa na mugenzi we Charlotte Iragena wahawe uwa Feza.
Mu gihe mu bagabo bakuze babigize umwuga, Buhari Banzi yasoreje ku mwanya wa gatatu ahabwa umudali w’Umuringa.
Ni irushanwa ryari ryitabiriwe n’abakinnyi 90 baturutse mu bihugu 15, barimo abatarabigize umwuga, ababigize umwuga mu bagore n’abagabo, ndetse no mu bakiri bato.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!