Ni nyuma yo gutsindwa na APR FC penaliti 4-2 ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro wari warangiye nta kipe itsinze indi, kuko amakipe yombi yanganyije igitego 1-1 mu minota 90 isanzwe y’umukino wabaye ku wa Gatandatu.
Umunyezamu Hakizimana Adolphe wakoze ikosa ryavuyemo penaliti n’igitego cyatsinzwe na Ndikumana Asman mu minota ya nyuma y’igice cya mbere, ni we watabaye APR FC muri penaliti, ubwo uyu rutahizamu w’Umurundi n’umunyezamu Kwizera Olivier batumaga aba-Rayons bikorera amaboko.
Ku matara ya Stade Amahoro yari yacanywe kare, ubwo abakobwa ba Rayon Sports bari bamaze gutsinda Police WFC ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma w’abagore, abafana bari benshi nubwo stade ituzuye neza aho wanabihuza no kuba ikibuga cyaramenyekanye habura iminsi itatu ngo umukino ube kubera kugihenda kw’abagicunga, ibyari byatumye FERWAFA itangira gutekereza Kigali Pele Stadium.
Icyizere n’mihigo byari yose ku mpande zombi
APR FC na Rayon Sports zagiye guhurira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka icyizere ari cyose ku mpande zombi, dore ko ari yo makipe yari ataratsindwa muri iri rushanwa ndetse akaba yaraherukaga kunganya igitego 1-1 mu byumweru bitatu bishize ubwo yahuraga muri Shampiyona.
Ibyo byatumaga buri wese yumva ko gutsinda bishoboka, ab’i Shyorongi bakibutsa aba-Rayons ko baheruka intsinzi ya ‘derby’ muri Kanama 2023, mu gihe abo mu Nzove bavugaga ko ibihe biha ibindi, iminsi idasa ndetse burya atari buno.
Kuva ku bigwi bya Haringingo Francis byo gutwara Igikombe cy’Amahoro inshuro ebyiri mu nshuro eshatu yakinnyemo umukino wa nyuma kuva mu 2018 kugeza mu 2024, guhiga kwa Wasil wavuze ko azagurira abantu 100 ubwisungane mu kwivuza nadatwara iki gikombe, kugera kuri Jangwani wari wavuze ko azambara umwambaro wa Gikundiro nimutsinda, havuzwe byinshi mbere y’uko Rulisa Patience ahuha mu ifirimbi agatangiza umukino.
Umutoza wa APR FC yabanje kuganirwaho
Kimwe mu byakunze kugarukwaho cyane muri uyu mwaka w’imikino, mbere y’imikino ine yahuje APR FC na Rayon Sports muri Shampiyona, FERWAFA Super Cup n’Igikombe cy’Amahoro, ni amahitamo y’abakinnyi 11 ku mutoza Abderrahim Taleb utoza Ikipe y’Ingabo z’Igihugu.
N’ubundi izi mpaka cyangwa ibyemezo bye byagarutse mu biganiro bya benshi mbere y’uko umukino utangira, nyuma yo kubona amahitamo yakoze ubwo yahitagamo kubanza hanze Dauda Yussif na Hakim Kiwanuka, mu kibuga hakajyamo Memel Raouf Dao na Mugisha Gilbert.
Mugisha Gibert wanyuraga ku ruhande rwariho Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’, ari mu bagowe n’umukino wo ku wa Gatandatu ndetse ni ko byagenze kuri Memel Raouf Dao ariko we yahaye akazi abakinnyi ba Rayon Sports kuko ari we wakoreho amakosa menshi mu mukino nubwo yakinnye iminota 65.
Ku rundi ruhande, nta gutungurana kwabayeho mu bakinnyi Rayon Sports yabanje mu kuko kubura Ndayishimiye Richard mu kibuga hagati byatumaga Likau Faustin akinira imbere ya ba myugariro, Bigirimana Abedi na Tony Kitoga bagakina imbere ye naho Aziz Bassane, Tambwe Gloire na Ndikumana Asman bagashaka ibitego.
Intebe y’abasimbura ya Gikundiro yariho Abanyarwanda gusa kuko mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga, umunani bari abanyamahanga.
Abasifuzi banze gutinza abafana muri Stade Amahoro
Umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro wabaye ku wa Gatandatu wiyongereye ku yindi mike ya ‘derby’ yabaye, abafana bagataha ntawe uvuga ko imisifurire yagenze nabi.
Kuva kuri penaliti yahawe Rayon Sports ubwo Hakizimana Adolphe yagushaga Ndikumana Asman mu rubuga rw’amahina kugeza ku makarita ane y’umuhondo yatanzwe mu mukino arimo atatu kuri APR FC n’imwe kuri Rayon Sports, hafi y’ibyemezo byose byari nta makemwa.
Gusa hari ikintu kimwe benshi batatinzeho, ariko bishobora guterwa no kuba bamaze kukimenyera, ari cyo guhagarara kenshi k’umupira mu gihe cy’umukino ndetse ku wa Gatandatu ntacyo abasifuzi barimo Rulisa Patience na Kayitare David wari Umusifuzi wa Kane bigeze bagikoraho.
Umunyamakuru wa IGIHE yabaze iminota itanu n’amasegonda 20 yatakaye mu gice cya mbere cyongeweho iminota itatu, ahanini kubera amakosa yagiye aba mu kibuga.
Mu gice cya kabiri, umukino wahagaze nibura iminota 10 n’amasegonda 30 kubera kuvurwa kw’abakinnyi barimo Youssou Diagne inshuro ebyiri, Ndikumana Asman, Tshimanga Ramazani, Bigirimana Abedi na Niyomugabo Claude.
Mu gihe Kayitare David yerekanye iminota ine y’inyongera ubwo 90 yari yuzuye, hakinwe itatu ibanza, undi wa kane n’amasegonda 18 bishirira mu kuvura Youssou Diagne wari waryamye hasi.
Icyizere cyinshi cyatsindishije Rayon Sports, Hakizimana Adolphe acungura APR FC
Ubwo Rulisa Patience yagaragazaga ko umukino urangiye, benshi mu bakinnyi basaga n’aho batabibonye mu gihe ku ntebe y’abatoza ba APR FC batabyishimiye ndetse Umutoza Wungirije, Haj Taieb yahise ajya kureba Rulisa Patience amwereka ko iminota bakinnye ari mike.
Ku ruhande rwa Rayon Sports byari bitandukanye. Kuva mu minota ya nyuma wabonaga ku gutumanaho kuri hagati y’abari ku ntebe y’abatoza n’abasimbura ndetse n’abari mu kibuga, gahunda ari ugushaka uko umukino ugera muri penaliti ndetse ni cyo bihutiye kujya kuganiraho iminota yose irangiye.
Icyizere cy’abakunzi ba Rayon Sports cyayoyotse nyuma ya penaliti ya gatatu, aho ubwo Emery Bayisenge yari amaze kwinjiza iya mbere, Kwizera Olivier yateye ku ruhande iya kabiri naho Ndikumana Asman agatera iya gatatu mu biganza bya Hakizimana Adolphe.
Kugirira Kwizera icyizere cyo gutera penaliti ya kabiri kandi agifite izindi penaliti agomba gukina [aharanira kuzikuramo], ntibyakiriwe neza na benshi barimo abakunzi ba Rayon Sports n’abasesenguzi b’umupira w’amaguru.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Umunyamakuru wa SK FM, Kazungu Claver, yagize ati “Umunyezamu Kwizera Olivier agaragaza uko Rayon Sports itozwa n’uko iyobowe.”
Ni mu gihe mu kiganiro “Ibyo twabonye” gisesengura ibyaranze umukino kuri Shene ya YouTube ya IGIHE Sports, Umunyamakuru wa RBA, Ndayishimiye Rugaju Reagan, yagize ati “Njye sinagaye ko [Kwizera] yahushije penaliti. Ikibazo ni icyemezo cyo guha umunyezamu penaliti n’ingaruka zibamo.”
Yongeyeho ati “Njye ndanenga umutoza n’abo bafatanya muri Rayon Sports. Bari kumubwira ngo oya, Olivier, muri eshanu ntabwo uri butere.”
Ku rundi ruhande, ubwo Denis Omedi yinjizaga penaliti ya kane yahesheje APR FC intsinzi ikurikiye iya kabiri yari imaze kwinjizwa na Mugisha Didier ku ruhande rwa Rayon Sports, hari abaje kwishimana n’uyu rutahizamu w’Umunya-Uganda ariko benshi bo mu Ikipe y’Ingabo birukanse basanga umunyezamu Hakizimana Adolphe.
Uyu munyezamu wakiniraga Gikundiro ubwo yatwaraga Igikombe cy’Amahoro itsinze APR mu 2023, yarokoye ab’i Shyorongi akuramo umupira wa Mugisha Didier mu minota y’inyongera ndetse ubwo yari amaze gukuramo penaliti ya Ndikumana Asman, yatunze urutoki ku ntebe y’abatoza n’abasimbura asa n’ugaragaza ati “Mwabibonye?”
Kwegukana iki Gikombe cy’Amahoro kuri APR byabaye nko gucubya amagambo y’abayibasiraga ko ishobora gusoza umwaka nta gikombe kizima itwaye nyuma y’uko icya Shampiyona yegukanye kitavugwaho rumwe kuko ari iya kabiri [iya mbere mu makipe yo mu Rwanda] inyuma ya Al-Hilal SC yo muri Sudani.
Mu gihe aba APR batinze muri Stade Amahoro babyina, abafana ba Rayon Sports batashye ikubagahu mu gahinda, mu mitwe yabo harimo imibare yo gutsinda Bugesera FC na Kiyovu Sports muri Shampiyona kuko ari ho bateze amahirwe yo kuzakina CAF Confederation Cup ya 2026/27, bitaba ibyo bagasigara ku rugo.
Amafoto: Umwari Sandrine
Video: Ndacyayisenga Emmanuel



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!