Hasigaye iminsi mike kugira ngo kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada habere imikino y’Igikombe cy’Isi cy’Ibihugu.
Imyiteguro irarimbanyije, ndetse abafana b’inkwakuzi baguze amatike yo kuzakurikira imikino y’iri rushanwa, abandi baracyagerageza kubona ibyangombwa byo kwinjira mu bihugu bizaberamo imikino.
Mbere y’uko abafana batangira kugura amatike, FIFA yasabye amahoteli yo mu mijyi izaberamo irushanwa, kutazakoresha ibyumba byabo mu buryo busanzwe ahubwo bakabibikira abafana b’Igikombe cy’Isi.
Ishyirahamwe ry’Abafite Amahoteli n’Amacumbi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (AHLA), ryagaragaje ko kugeza ubu umubare w’abantu bari bategereje n’uwo bamaze kubona udahura na miliyoni eshanu z’abaguze amatike utangazwa na FIFA.
Rivuga ko iki kibazo nigikomeza kubaho, kizatuma ubukungu bwari bwitezwe mu bigendanye n’amahoteli n’ubukerarugendo bugabanyuka ku kigero kiri hejuru.
AHLA ifite amahoteli arenga 32.000 bingana na 80% by’amahoteli ari muri icyo gihugu, yerakana ko igihombo kinini cyatewe no kugurisha amatike ku giciro gihanitse.
Ibindi byatumye ibyumba bibura abakiliya bazabikoresha mu Gikombe cy’Isi, ni imisoro yazamutse, ibiciro by’ingendo mu mijyi izakira irushanwa ndetse n’impamvu za politiki hagati y’iki gihugu n’ibindi bitandukanye.
Hejuru ya 70% y’ibyumba byari byarabikiwe abazitabira Igikombe cy’Isi byatangiye kugurishwa abandi bantu, by’umwihariko mu mijyi ya Boston, Dallas, Los Angeles, Philadelphia na Seattle.
Nk’uko byanditswe na BBC, FIFA ntabwo yemera ko habayeho igihombo kuko iminsi igihari by’umwihariko mu gihe Igikombe cy’Isi kizaba kiri gukinwa.
Gusa hari abafana bavuze ko kuba muri iyi mijyi bihenze, dore ko hoteli nyinshi zo mu mujyi wa Seattle, kuziraramo ku ijoro rimwe utanga 300$.
Mu isuzuma ryakozwe mu mwaka ushize wa 2025, byagaragaye ko Igikombe cy’Isi kizatanga imirimo ku bagera ku 185.000, bizatuma ubucuruzi busanzwe bkorerwa mu mijyi izakira bwiyongeraho miliyari 17,2$.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!