00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amavubi aracakirana n’Amagluglug saa moya

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 28 July 2015 saa 11:39
Yasuwe :

Ikipe y’u Rwanda y’abakinnyi b’imbere mu gihugu batarimo aba APR FC barakina kuri uyu wa Kabiri saa moya n’ Amagluglug y’Afurika y’Epfo y’abatarengeje imyaka 23 kuri UJ stadium mu mujyi wa Johannesburg.

Ni umukino wa gicuti ubanziriza umwiherero aba bakinnyi bazakorera muri Ecosse kuva tariki ya 2-17 Kanama 2015 aho bashobora gukina imikino itatu ya gicuti bitegura amajonjora y’igikombe cy’Afurika 2017, CHAN 2016 n’amajonjora y’igikombe cy’Isi 2018.

Amavubi arakina na Afurika y'Epfo U23 saa moya mbere yo kujya mu mwiherero muri Ecosse
Amagluglug ari gutegura umukino wo kwishyura na Zimbabawe kuwa Gatandatu

Afurika y’Epfo y’abatarengeje imyaka 23 iritegura umukino wo kwishyura na Zimbabwe kuri Harry Gwala Stadium kuri uyu wa Gatandatu. Umukino ubanza bari banganyije igitego 1-1, icy’Afurika y’Epfo gitsinzwe na Keagan Dolly.

Nubwo umutoza McKinstry avuga ko ari umwanya wo kureba bamwe mu bakinnyi, Afurika y’Epfo ifite imbogamizi kuko amwe mu makipe yanze gutanga abakinnyi babo nka Ajax Cape Town ifite abakinnyi bane barimo Abubakar Mobara na Riyaad Noordien.

Abakinnyi b’Amavubi bari muri Afurika y’Epfo

Abanyezamu : Kwizera Olivier (APR FC) na Ndayishimiye Eric (Rayon Sports)

Ab’inyuma : Ndayishimiye Celestin (Mukura VS), Fitina Omborenga (Kiyovu Sports), Rukundo Jean Marie (Rayon Sports), Usengimana Faustin (Rayon Sports), Uwiringiyimana Amani (Police FC) na Twagizimana Fabrice (Police FC)

Abakina hagati : Nshimiyimana Amran (Police FC), Ntamuhanga Tumaini, Habyarimana Innocent (Police FC), Muzerwa Amini (AS Kigali), Muhire Kevin (Isonga), Nshuti Dominique Savio (Isonga), Tuyisenge Jacques.

Ba rutahizamu: Usengimana Dany (Isonga), Songa Isaie (AS Kigali) na Sugira Ernest (AS Kigali).


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages