Umukino wa mbere uzaba ku itariki ya 6 Mutarama aho u Rwanda ruzakina na DRC mu gihe umukino wa kabiri uzaba tariki ya 10 Mutarama na Tunisia.Iyi mikino yose izabera kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu.
Amavubi ari mu itsinda rimwe n’ibihangange nka Cote d’Ivoire, Morocco na Gabon aho bazakinira kuri Stade Amahoro i Remera.
Aganira na IGIHE, Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Vincent De Gaulle Nzamwita yagize ati “mu myiteguro ya CHAN nk’ikipe yakiriye irushanwa tugomba gutegura neza, tugomba gukora uko dushoboye ikipe ikaba yiteguye neza kandi ikazahagararira u Rwanda neza.”
Yavuze kandi ko iyi mikino izafasha cyane dore ko ari amakipe akomeye ndetse ‘Umutoza akaba yari yabibasabye
Yagize ati “DRC na Tunisia bizaba ari imikino ikomeye kandi myiza kuri twe mu myiteguro ya CHAN nk’uko umutoza yabidusabye. Kuko ari amakipe ari hejuru yacu mu bijyanye n’uburyo duhagaze ku isi bizadufasha kuzamura urwego rw’ikipe.”
Nyuma yo gutsindwa na Uganda ku mukino wa nyuma wa Cecafa Senior Challenge Cup, Umutoza Johnny McKinstry yahamagaye abakinnyi 32 bazakora imiyitozo y’iminsi 10 aho bazafata akaruhuko ka Noheri bakagaruka mu mwiherero ku itariki ya 28 Ukuboza aho ikipe izaba ikorera imyitozo muri Rubavu. Aho hazahita hanatorwa abakinnyi 23 bazakina CHAN.



















TANGA IGITEKEREZO