Amavubi yasesekaye i Kanombe mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki 12 Kamena 2024 saa 21:47 yakirwa n’abafana batari benshi cyane ariko bari bafite umurindi ukomeye ndetse n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Munyantwali Alphonse.
Amavubi aheruka kwitwara neza mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho mu mikino ibiri yakinnye yatsinzwe na Benin, atsinda Lesotho igitego 1-0, amanota yatumye yisubiza umwanya wa mbere n’amanota arindwi inganya na Afurika y’Epfo na Benin.
Nyuma yo kugera i Kigali, umukinnyi mushya Jojea Kwizera wanatsinze igitego cy’intsinzi, yatangaje ko yishimiye kugera ku nshuro ya mbere mu gihugu cy’amavuko cya se.
Yagize ati “ Yego ni inshuro ya mbere ngeze i Kigali nahabonye ndi mu ndege ni heza cyane mfite amatsiko yo kureba buri kimwe. Yego tugomba kurota kandi Abanyarwanda bizere ko kujya mu Gikombe cy’Isi byashoboka.”
Umunyezamu Ntwari Fiacre we yatangaje ko umusaruro mwiza Ikipe y’Igihugu iri kugira muri iyi minsi ibikesha impinduka zayikozwemo ndetse n’umutoza mwiza.
Ati “Ikipe y’Igihugu yarahindutse ntabwo ari nka mbere. Buriya ikipe ni umutoza. Dufite umutoza mwiza udushyirahamwe kandi utwumva. Kuyobora itsinda ni ibintu twakoreye gusa haracyari akazi kenshi ariko byose birashoboka ko twakora amateka (yo kujya mu Gikombe cy’Isi).”
Iyi mikino yasize u Rwanda rwisubije umwanya wa mbere mu itsinda C n’amanota arindwi runganya na Afurika y’Epfo na Benin. Lesotho ifite amanota atanu, Nigeria ikagira atatu mu gihe Zimbabwe ya nyuma ifite abiri.
Ikipe y’Igihugu izongera gukina iyi mikino muri Werurwe 2025 ubwo izaba yakira Nigeria na Lesotho kuri Stade Amahoro.
Amafoto: Kasiro Claude
Video: Bizimana Confiance



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!