Ni tombola yabereye mu Mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo, aho ibihugu 48 byashyizwe mu matsinda 12 agizwe n’amakipe ane kuri buri tsinda. Amakipe abiri ya mbere muri buri tsinda akaba ari yo azabona itike yo gukina Igikombe cya Afurika.
Amavubi yari mu gakangara ka nyuma, yatomboye Libya yari yasezereye muri 2014 ku bitego 3-0 mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2015, mu gihe ariko iyi yaje gusezerera Amavubi mu 2016 hashakwa itike y’Igikombe cy’Isi.
Indi kipe yongeye kwisanga hamwe n’Amavubi ni Bénin aho ku nshuro ya gatatu yikurikiranya iri mu itsinda rimwe n’u Rwanda. Imikino itatu iheruka guhuriza aya makipe yombi ku bibuga bitatu bitandukanye, u Rwanda rwanganyirije muri Bénin, rutererwa mpaga i Nyamirambo mu gihe rwatsindiwe muri Côte d’Ivoire.
Nigeria iri kumwe n’u Rwanda mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi na yo izaba iri kumwe n’u Rwanda hashakwa itike ya CAN 2025 aho iki gihugu giheruka gukina umukino wa nyuma w’iki gikombe muri Côte d’Ivoire.
Kuri gahunda, biteganyijwe ko u Rwanda ruzatangira rukina na Libya tariki ya 2 Nzeri, rugahura na Nigeria tariki ya 6 Nzeri mu gihe ruzahita rwisobanura na Bénin tariki 11 uko kwezi.
Amavubi amaze imyaka 20 atitabira igikombe cya Afurika dore ko aheruka icya 2004 gusa uburyo iyi kipe iri kwitwara mu majonjora y’Igikombe cy’Isi biratanga icyizere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!