Iri shyirahamwe rivuga ko impamvu nyamukuru ituma bamushyigikira, ni ukubera ko babona iterambere ry’umupira w’amaguru rimaze kuzamuka kuva yajya ku buyobozi, ndetse n’imitegurire y’igikombe cy’Isi nayo ikaba igenda neza mu gihe ayoboye.
Ati “Nyuma y’ibiganiro twagiranye n’amashyirahamwe agize ‘Conmebol’ ku biri kuba kugeza ubu, haba ku iterambere ry’umupira ku isi no muri Amerika y’Amajyepfo nk’uko bigomba, twiyemeje gufatanya nawe no kumutera inkunga yose ishoboka.”
Uyu mugabo yatangarije mu nama y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Amerika y’Amajyepfo ko aziyamamariza kongera kuyobora ‘FIFA’ mu matora azabera i Kigali mu nama ya FIFA izaba tariki ya 16 Werurwe 2023.
Giovanni Vincenzo Infantino ni umugabo ufite ubwenegihugu bw’u Busuwisi n’u Butaliyani. Mu 2016 nibwo yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi ‘FIFA, aza kandi kongera gutorwa muri Kamena 2019.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!