Iyo ntumwa yihariye ya Trump, Paolo Zampolli, yashyikirije icyo gitekerezo Perezida Trump na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, asobanura ko amateka y’u Butaliyani nk’ikipe yegukanye Igikombe cy’Isi inshuro enye ashobora gutuma yinjizwa muri iri rushanwa, nubwo itabashije kubona itike binyuze mu nzira zisanzwe z’imikino.
Ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani iri mu bihe bibi mu kibuga, yabuze itike y’imikino ya nyuma y’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, nyuma yo gutsindwa na Bosnia and Herzegovina kuri penaliti mu mukino wa kamarampaka wabaye muri Werurwe.
Ni ibintu byatumye benshi mu bayobozi mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Butaliyani begura.
Iran yo yabonye itike, gusa umubano wayo na Amerika nk’igihugu kizakira irushanwa ukomeje gutuma amajwi ayisohoramo aba menshi.
Yari yatangaje ko nta gahunda ifite yo kwikura mu Gikombe cy’Isi, kandi ko yiteguye neza irushanwa rizaba muri Kamena. Ibi bivuze ko igitutu cya politiki ntacyo kivuze cyane kuri Iran.
Mu mategeko ya FIFA, ni yo ifite ububasha bwo gusimbuza ikipe mu gihe yo ubwayo isezeye. Ariko iyo bije ku gukura mu irushanwa ikipe yamaze kubona itike, nta murongo uhamye uhari nta n’urugero rwa vuba rw’aho byaba byarabaye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!