00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC izitabira Mapinduzi Cup

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 22 November 2023 saa 07:21
Yasuwe :

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu izitabira Irushanwa rya Mapinduzi Cup ku nshuro ya mbere nk’umutumirwa, rizabera muri Zanzibar kuva tariki 28 Ukuboza 2023 kugeza 13 Mutarama 2024.

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yakiriye ubutumire bwa Federasiyo ya Zanzibar iyisaba kwitabira iri rushanwa.

APR FC irifuza kuzamura urwego rwayo ku ruhando mpuzamahanga izitabira Mapinduzi Cup yitabirwa n’amakipe yo muri Zanzibar na Tanzania ndetse n’ayo hanze y’ibi bihugu yatumiwe.

Mu makipe yo muri Tanzania akunda kwitabira iki Gikombe harimo Simba SC, Yanga SC, Azam FC, Namungo, Singida Big Stars, Mtibwa Sugar n’ayandi.

Hari kandi ayo muri Shampiyona ya Zanzibar nka Mlandege FC, KMKM, Jamhuri FC, Polisi Zanzibar n’ayandi.

Azam FC yo muri Tanzania ni yo imaze kwegukana iki Gikombe inshuro nyinshi zigera kuri eshanu mu 2012, 2013, 2017, 2018 na 2019 mu gihe Simba SC yo imaze kugitwara inshuro eshatu mu 2011, 2015 na 2022.

Yanga SC na Mtibwa Sugar zimaze kucyegukana inshuro ebyiri mu gihe Polisi ya Zanzibar, Jamhuri FC, KMKM, Mafunzo FC Miembeni FC na Malindi FC zo muri Zanzibar zimaze kucyegukana inshuro imwe. Hari kandi KCC na URA yo muri Uganda zimaze kucyegukana inshuro imwe.

Mapinduzi Cup ni irushanwa ryashyizweho na Federasiyo ya Ruhago muri Zanzibar mu 1998 rigamije kwizihiza impinduramatwara y’iki gihugu ubwo cyabonaga ubwigenge mu 1964 kibukuye mu maboko y’ubwami bw’abarabu bacye bayoboraga iki kirwa cyari kigizwe n’umubare munini w’abirabura.

Ubwo riri rushanwa ryakinwaga bwa mbere mu 1998 ryitabirwaga n’amakipe yo muri Zanzibar na Tanzania gusa. Guhera mu 2013 nibwo bwa mbere Federasiyo ya Ruhago muri Zanzibar itegura iri rushanwa yatangiye gutumira amakipe yo hanze y’ibyo bihugu byombi maze rikinwa n’ayo muri Kenya na Uganda. Ni ubwa mbere Ikipe yo mu Rwanda igiye kwitabira iri rushanwa.

Mapinduzi Cup yo muri Mutarama uyu mwaka yegukanywe na Mlandege FC yo mu Zanzibar itsinze Singida Big Stars ibitego 2-1 mu gihe Iki Gikombe cyari cyitabiriwe n’amakipe 12 arimo Aigle Noir yo mu Burundi yari yatumiwe.

Ubwo Chairman w’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, Lt Col Karasira Richard yaganiraga n’abanyamakuru tariki 13 Nzeri 2023, yavuze ko bafite muri gahunda kuzitabira Irushanwa rya Africa Super League ndetse n’andi marushanwa akomeye ku ruhando nyafurika kugira ngo bagarurire ikipe igitinyiro yahoranye.

APR FC ni yo Kipe ifite ibikombe byinshi ku Rwanda aho imaze kwegukana 21 bya Shampiyona, 13 by’Amahoro na bitatu bya Super Cup. Hari kandi bitatu bya CECAFA Kagame Cup.

Kure yageze mu marushanwa nyafurika ni muri 1/2 cya CAF Cup Winners Cup (mu 2004 ryahinduriwe izina ryitwa CAF Confederation Cup) mu 2003.

APR FC izitabira Mapinduzi Cup izabera muri Zanzibar mu Ukuboza 2023 na Mutarama 2024
Perezida wa Zanzibar, Dr Hussein Ali Mwinyi ashyikiriza Igikombe giheruka cya Mapinduzi Ikipe ya Mlandege FC yo muri Zanzibar yagitwaye itsinze Singida Big Stars ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages