Kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Kanama 2026, ni bwo CAF yemeje ko mu cyumweru gitaha ari bwo mu Mujyi wa Cairo mu Misiri, hazabera tombola y’amakipe azakina amarushanwa ahuza amakipe yitwaye neza iwayo.
Muri iyi tombola APR FC yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda izaba ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions League, na ho Rayon Sports yabaye iya kabiri itombore ikipe bizahura muri CAF Confederation Cup.
Ku wa Kane, tariki ya 6 Kanama, ni bwo aya makipe yombi azamenya ayo bizahura mu ijonjora rya mbere, ndetse umukino ubanza ugakinwa hagati ya tariki ya 4 na 6 Nzeri, uwo kwishyura ukaba hagati ya tariki ya 11 na 13 Nzeri 2026.
Nk’uko byakozwe mu mwaka ushize wa 2025/26, amakipe azaviramo mu majonjora y’aya marushanwa yombi azahabwa ibihumbi 100$ [146.361.500 Frw], yo kwita ku ngendo n’indi myiteguro y’irushanwa.
Muri uyu mwaka wa 2026/27 kandi, ikipe izegukana CAF Champions League izahabwa miliyoni 6$, mu gihe izegukana CAF Confederation Cup izabona miliyoni 4$.
Mu mwaka ushize wa 2025/26, APR FC yasezerwe na Pyramids yo mu Misiri mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League ku giteranyo cy’ibitego 5-0, mu gihe Rayon Sports yakuwemo na Singida Black Stars yo muri Tanzania ku giteranyo cy’ibitego 3-1.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!