00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC: Nta Migi, Bayisenge, Kwizera na Hegman muri CECAFA Kagame cup

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 15 July 2015 saa 02:15
Yasuwe :

Mu bakinnyi 18 APR FC izifashisha muri CECAFA Kagame cup ntifite Mugiraneza Jean Baptiste, Bayisenge Emery, umunyezamu Kwizera Olivier na Ngomirakiza Hegam mu gihe umukino ubanza bazawukina kuwa Gatandatu na Al Shandy yo muri Sudani mu itsinda B.

Urutonde rw’abakinnyi bajya muri Tanzania rwemejwe n’abatoza nyuma y’imyitozo yo kuri uyu wa Gatatu aho bagomba guhaguruka saa moya z’ijoro i Kigali.

Nyuma y’imvune yaranze umunyezamu Kwizera Olivier mu mikino ya nyuma y’Igikombe cy’Amahoro ntiyajyanye na bagenzi. Ndoli Jean Claude na Kimenyi Yves nibo bazarinda izamu rya APR FC.

APR FC irajyana abakinnyi 18 muri CECAFA Kagame cup izabera muri Tanzania

Mu gihe Bayisenge Emery yamaze gusezera akerekeza muri Autriche, APR FC ijyanye muri Tanzania ba myugariro bayobowe na kapiteni Nshutiyamagara Ismael, Ngabonziza Albert, Rusheshangoga Michel, Rwatubyaye Abdul, Rutanga Eric na Rugwiro Herve.

Bizimana Djihad baguze muri Rayon Sports ari kumwe n’abandi bakina hagati nka Mukunzi Yannick, Butera Andrew, Nsabimana Eric, Sibomana Patrick, Sekamana Maxime, Iranzi Jean Claude na Nkinzingabo Fiston.

Iyi kipe yasize Ngomirakiza Hegman ndetse Mugiraneza Jean Baptiste wasinye imyaka ibiri muri AZAM FC wasabaga ko yasezera kuri iyi kipe yamazemo imyaka irindwi abakinira iyi CECAFA.

Migi azakinira AZAM FC iri mu itsinda C.

Nyuma y'iyumweru asinye muri APR FC, Bizimana Djihad arajya n'abandi
Hitezwe ubufatanye mu kibuga hagati kuri Mukunzi Yannick, Bizimana Djihad na Butera Andrew

Muri ba rutahizamu, APR FC izakinisha Ruhinda Farouk wari umaze imyaka ibiri yaravunitse aza kuvurirwa muri Algeria, Bigirimana Issa, Mubumbyi Bernabe na Ndahinduka Michel.

CECAFA Kagame cup iheruka gukinirwa muri Tanzania mu 2012, Yanga Africans itwara igikombe.

Imyaka ibiri iheruka, APR FC yasezerwaga ku mukino wa nyuma, mu 2013 yatsinzwe na Vital’o i Darfur naho mu 2014 batsindirwa i Kigali na El Merreikh itazitabira kuko bari muri CAF champions league.

Amateka y’iyi mikino yatangiye mu 1967 iza guhinduka CECAFA Kagame cup agaragaza ko nta kipe yatwariye iki gikombe muri Tanzania kuko mu nshuro 11 bahakiniye byatwawe na Simba (6) na Yanga yagitwaye gatanu.

Mu bikombe bitatu agomba gukinira, umutoza Dusan yatwaye shampiyona gusa

Amatsinda ya CECAFA Kagame cup 2015

Itsinda A: Yanga (Tanzania), Gor Mahia (Kenya), Khartoum-N (Sudan), Telecom (Somalia), KMKM (Zanzibar)

Itsinda B: APR FC (Rwanda), Al Shandy (Sudan), LLB AFC (Burundi), Heegan FC (Somalia)

Itsinda C: Azam FC (Tanzania), Malakia (Sudani y’Epfo), KCCA (Uganda), Adama City (Ethiopia).

Uko amakipe azahura mu minsi ibiri ya mbere

Tariki ya 18 Nyakanga 2015

KMKM vs Telecom

APR FC vs Al Shandy

Yanga vs Gor Mahia

Tariki ya 19 Nyakanga 2015

LLB vs Heegan

Adama City vs Malakia

Azam FC vs KCCA

Mu kubatera ingabo mu bitegu, imyitozo ya nyuma yakurikiranywe n'abayobozi bakuru
Iradukunda Bertrand, Kwizera Olivier, Tibingana Charles ni bamwe mu batajyanye n'ikipe muri Tanzania

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages