00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC ntizakomezanya n’abatoza bayo

Yanditswe na Musangwa Arthur
Kuya 6 June 2023 saa 09:23
Yasuwe :

Abatoza batatu ba APR FC ari bo Ben Moussa wari Umutoza mukuru, Jammel Eddine Neffati wari wungirije Koko Dichjekian usesengura amashusho, bose basubiye iwabo mu biruhuko mu gihe amasezerano yabo yari ageze ku musozo ndetse akaba atazongerwa.

Aba batoza buriye indege ya saa Tanu n’igice z’ijoro ryo ku wa Mbere rishyira kuri uyu wa Kabiri.

Ben Moussa wari wazanywe n’Umutoza Erradi Adil Mohammed nk’umwungiriza we, yahawe ikipe nk’Umutoza mukuru nyuma y’uko uyu Munya-Maroc ayisize agasubira iwabo tariki 24 Ukwakira 2022 nyuma y’ubwumvikane bike kubera ibihano yahawe na APR FC atemeraga.

Ben Moussa yahawe amasezerano nk’Umutoza mukuru yagombaga kurangirana n’impera z’umwaka ushize wa 2022-23, yazanye Jammel Eddine wasimbuye Pablo Morchón nk’Umutoza wungirije ndetse unongera imbaraga na we ahabwa amasezerano yarangiranye n’impera z’umwaka.

Aba batoza bombi batwaranye na APR FC Igikombe cya Shampiyona ya 2022/23, gusa baza gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro na Rayon Sports igitego 1-0.

Amakuru yizewe agera kuri IGIHE yemeza ko aba batoza batazongererwa amasezerano kuko Ikipe y’Ingabo z’Igihugu iri gushaka abatoza bakomeye bayitegurira ikipe izagera kure muri CAF Champions League.

Andi makuru kandi avuga ko vuba aha APR FC izatangaza abatoza bashya mu minsi mike.

Chairman wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga, yaciye amarenga ko Ikipe y’Ingabo z’Igihugu izahindura politiki yari isanzwe ikoresha yo gukinisha abenegihugu gusa ikagarura abanyamahanga kugira ngo ihatane ku ruhando Nyafurika.

Byitezwe ko APR FC izongera intwaro zikomeye mu ikipe yayo izahatana muri CAF Champions League ndetse na Shampiyona y’umwaka utaha izahanganamo n’amakipe arimo Rayon Sports na yo igiye kwiyubaka bikomeye nyuma yo kubona itike yo gusohokera igihugu mu Irushanwa rya CAF Confederation Cup ry’umwaka w’imikino utaha.

Abatoza barimo Ben Moussa na Koko Dichjekian usesengura amashusho, basubiye iwabo mu gihe basoje amasezerano
Ben Moussa yasigaranye ikipe nyuma yo gutandukana kwa APR FC na Erradi Adil Mohammed
Koko Dichjekian na we ntazakomezanya na APR FC
Jammel Eddine Neffati yari Umutoza wungirije wa APR FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages