00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yaba igiye gukora igisa nka Rayon Day?

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 18 July 2023 saa 09:57
Yasuwe :

Ku nshuro ya mbere, APR FC iri gutegura umunsi wo kwereka abakunzi bayo abakinnyi bashya mu muhango bazanahererwamo nimero bazambara mu mwaka mushya w’imikino wa 2023/24.

Uyu munsi uteganyijwe muri iki cyumweru kuri Kigali Pelé Stadium, uzaba ari uwo kwereka abakunzi b’Ikipe y’Ingabo abakinnyi bashya yaguze ndetse no kubaha nimero bazambara mu mwaka mushya w’imikino.

Mu bihugu byateye imbere, iyo ikipe isinyishije umukinnyi, inagaragaza nimero azambara, agishyira umukono ku masezerano.

Hari n’amakipe atandukanye ategura umunsi wo kumurikira abakunzi bayo abakinnyi bashya aba yaguze, cyane cyane abakomeye cyangwa uwo aba yitezeho kuzitwara neza.

Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, iki gikorwa kimenyerewe muri Tanzania aho amakipe yaho akomeye nka Simba itegura ‘Simba Day’ mu gihe Yanga SC itegura ‘Yanga Day’.

Mu Rwanda, Rayon Sports ni yo kipe imaze gucengerwa no gutera uyu munsi yita ‘Rayon Day’ cyangwa Umunsi w’Igikundiro, cyane ko unayinjiriza agatubutse.

APR FC igiye gutegura uyu munsi ku nshuro ya mbere dore ko ubusanzwe yabikoreraga mu biro byayo rimwe na rimwe igatumira n’abanyamakuru bake batoranyijwe.

Ibi kandi bije nyuma y’aho iyi kipe isubiriye kuri politiki yo gukinisha abanyamahanga nyuma y’imyaka 11. Ni inkuru yakiranwe yombi n’abakunzi b’iyi kipe ndetse bamwe batangira kwifuza ko iyi kipe yabategurira umunsi wo kwakira abakinnyi bashya ku mugaragaro.

Kugeza ubu APR FC imaze kugura abakinnyi umunani bashya barimo Umurundi Nshimirimana Ismaël ’Pitchou’, Umugande Taddeo Lwanga, Umunyarwanda akaba n’Umurundi Ndikumana Danny, Umunya-Nigeria Victor Mbaoma, Abanya-Cameroun Apam Assongwe Bemol na Banga Salomon Bindjeme, Umunyezamu w’Umunye-Congo Pavelh Ndzila n’Umunya-Sudani Sharaf Eldin Shaiboub Ali.

Iyi kipe kandi, izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League, iheruka kongerera amasezerano Abanyarwanda Mugisha Gilbert na Niyomugabo Claude.

Umurundi Nshimirimana Ismael 'Pitchou; ni we watangajwe bwa mbere nk'umukinnyi w'umunyamahanga wasinyiye APR FC nyuma y'imyaka 11
Rutahizamu Bemol Apam Assongwe ukomoka muri Cameroun, ari mu bakinnyi bashya baguzwe n'Ikipe y'Ingabo
Umurundi Nshimirimana Ismael 'Pitchou; ni we watangajwe bwa mbere nk'umukinnyi w'umunyamahanga wasinyiye APR FC nyuma y'imyaka 11
APR FC yateguye umunsi wo kwereka abakunzi bayo abakinnyi bashya iheruka kugura
Rayon Sports isanzwe igira umunsi wo kwerekana abakinnyi mbere y'umwaka w'imikino mushya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages