00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yajuririye icyemezo cya CAF kiyitegeka gukinira muri RDC

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 24 August 2026 saa 07:00
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa APR FC bwajuririye icyemezo cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) cyategetse iyi kipe gukinira umukino wayo wa Champions League izakirwamo na Les Aigles du Congo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

APR FC yaherukaga kumenyeshwa ko umukino wayo ubanza wo mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League uzabera muri RDC, nyuma y’uko CAF yanze ubusabe bwayo bwo kuwimurira ahandi hatari muri icyo gihugu.

Uyu mukino uteganyijwe kuba hagati ya tariki 4-6 Nzeri 2026.

Mu mpamvu iyi Kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yagaragaje ko harimo icyorezo cya Ebola cyibasiye RDC.

Ubuyobozi bwa APR FC bwabwiye IGIHE ko ku Cyumweru bwagejeje ubujurire bwabwo kuri CAF binyuze mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Iki cyemezo cya APR FC cyaje nyuma y’impungenge iyi kipe yagaragaje ku bijyanye n’umutekano w’abakinnyi n’abayobozi bayo mu rugendo rwo kujya gukinira muri RDC.

APR FC yari yasabye ko umukino wahindurirwa ikibuga ukabera ahandi hizewe, ariko CAF ishingiye ku mabwiriza agenga amarushanwa yayo, imenyesha iyi kipe ko nta mpamvu ifatika yabonetse yatuma umukino wimurwa.

Kugeza ubu RDC ifite stade ebyiri gusa zemewe na CAF ari zo TP Mazembe Stadium na Frédéric Kibassa Maliba Stadium, zombi ziba i Lubumbashi.

Amakuru avuga ko Les Aigles du Congo na yo idakozwa ibyo gukinira i Lubumbashi kubera ubukeba buba hagati yayo na TP Mazembe iheruka kuyitwara Igikombe cya Shampiyona.

Mu bihugu bivugwa ko umukino wakwimurirwamo, mu gihe icyo cyemezo cyaba gifashwe, harimo Tanzania aho Les Aigles du Congo yabanje gukorera umwiherero mbere yo kujya muri Angola.

Ikipe izarokoka ijonjora rya mbere hagati ya APR FC na Les Aigles du Congo izahura mu cyiciro gikurikiraho n’izaba yaratsinze hagati ya AS Port yo muri Djibouti na Zamalek SC yo mu Misiri.

APR FC yajuririye icyemezo cya CAF kiyitegeka gukinira muri RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages