00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yasezeye uwari Umunyamabanga wayo

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 17 November 2023 saa 10:31
Yasuwe :

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yasezeye uwari Umunyamabanga wayo, Masabo Michel, wari umaze imyaka itatu n’amezi 11 muri izi nshingano.

Tariki 8 Mutarama 2021 nibwo APR FC yerekanye ku mugaragaro Masabo Michel nk’Umunyamabanga mushya icyo gihe wari usimbuye Lt (Rtd) Col Sylvestre Sekaramba.

Mu myaka hafi ine Masabo amaze kuri uyu mwanya, yafashije APR FC kwegukana ibikombe bitatu bya Shampiyona no guca agahigo k’imikino 50 idatsindwa muri shampiyona.

Ikindi azibukirwaho ni uko mu gihe yari muri izi nshingano ari bwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yavuye kuri politiki yo gukinisha abanyarwanda gusa isubira ku yo gukinisha abanyamahanga yaherukaga mu 2012.

Igihe umunyamabanga uzasimbura Masabo Michel azatangarizwa ntikiramenyekana.

APR FC yasezeye k'uwari Umunyamabanga wayo Masabo Michel wari umaze hafi imyaka ine muri izi nshingano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages