Ibi ni bimwe mu byo yatangaje nyuma yo gutsinda Vipers SC yo muri Uganda ibitego 2-1, ariko igasezererwa muri CECAFA Kagame Cup 2026 kuko yanyagiwe na Gor Mahia ibitego 5-0 mu mukino ubanza wo mu Itsinda A.
Ubwo yari abajijwe niba atabona ko iyi kipe ikeneye umutoza wongerera imbaraga abakinnyi, hashingiwe ku kuba iyi kipe inatsindwa ibitego cyane cyane mu gice cya kabiri, avuga ko ababivuga ari abashaka guharabika ikipe.
Yagize ati “Ibyo ni abantu bamwe babishaka, bashaka guteza imidugararo mu ikipe. Muzi icyo kongerera imbaraga umukinnyi bivuze? Reka mbigishe. Njye ndi umwarimu wa FIFA na CAF mu bijyanye no kongerera abakinnyi imbaraga. Nzi ko abantu bashaka ibintu bitandukanye bipfuye ngo barwanye ikipe, ariko kuri njye oya.”
“Njye maze imyaka 24 mu butoza, mwabonye uburyo twihariye umukino, twakinnye imikino itatu mu cyumweru. Ntabwo ikibazo ari imbaraga, ni uruhande rwo hanze rushaka kurwanya ikipe. Ndabizi, maze umwaka hano mu Rwanda, nzi byose. Nzi abantu bashaka utuntu duto dupfuye.
Yongeyeho ko nubwo bimeze bityo ikipe yemeje undi mutoza utaratangazwa, wongerera imbaraga abakinnyi kandi ukiri muto. Azafatanya n’usanzwe w’Umunya-Maroc, Haj Taieb Hassan, wahagaritse gukina umupira w’amaguru mu 1994 akinjira mu butoza.
Ati “Hari umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ukiri muto uzaza vuba aha, mu cyumweru gitaha. Tuzafatanya kuko kongerera imbaraga umukinnyi ntabwo ari ukwiruka.”
“Ababivuga bakabaye babifite ubumenyi, barabyize. Wavuga 4-3-3 cyangwa 4-2-4, ariko ibyo kongerera imbaraga abakinnyi oya. Ibyo bisaba ababizi.”
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu irakomeza imyiteguro ya BK Pro League ndetse na CAF Champions League, nk’amarushunwa akomeye izakina mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!