00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yatandukanye n’abakinnyi bane, yongerera babiri amasezerano

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 19 June 2024 saa 09:29
Yasuwe :

APR FC yemeje ko yatandukanye na Omborenga Fitina, Ishimwe Christian, Bizimana Yannick na Rwabuhihi Placide, mu gihe yongereye amasezerano y’imyaka ibiri myugariro Niyigena Clement na Nshimiyimana Yunussu.

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa Gatatu, tariki 19 Kamena 2024, Ikipe y’Ingabo yemeje ko yatandukanye na myugariro Omborenga Fitina wari uyimazemo imyaka irindwi akaba yarasoje amasezerano ye.

Uyu mukinnyi akaba ari kuvugwa mu makipe yo hanze y’igihugu ndetse na mukeba Rayon Sports banagiranye ibiganiro.

Ishimwe Christian ni undi mukinnyi watandukanye na APR FC nyuma y’imyaka ibiri cyane ko yayigezemo avuye muri AS Kigali. Uyu mukinnyi we yamaze no kwerekeza muri Police FC.

Hari kandi Rwabuhihi Placide ukina mu kibuga hagati akanakoreshwa mu bwugarizi, wari umaze imyaka ine muri iyi kipe gusa akaba atarakunze kubona umwanya uhagije wo gukina.

Rutahizamu Bizimana Yannick nawe yatandukanye na APR FC nyuma y’imyaka ine ayigezemo avuye muri Rayon Sports. Uyu mukinnyi ni umwe mu bagize umwaka mubi ushize dore ko atahuje n’Umutoza Thierry Froger wamuhaye iminota mike cyane yo gukina.

APR FC ikomeje kwiyubaka yitegura umwaka mushya w’imikino aho kugeza ubu imaze kugura Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports, Mugiraneza Frodouard wavuye muri Kiyovu Sports.

Hari kandi Ishimwe Jean Rene na Byiringiro Gilbert bavuye muri Marines FC. Ikipe y’Ingabo izahagararira igihugu mu mikino ya CAF Champions League ndetse na CECAFA Kagame Cup izabera muri Tanzania na Zanzibar tariki ya 6-22 Nyakanga 2024.

Ishimwe Christian yatandukanye na APR FC
Bizimana Yannick yatandukanye na APR yari amazemo imyaka ine
Omborenga Fitina yari amaze imyaka irindwi muri APR FC
Rwabuhihi Placide yatandukanye na APR FC nyuma y'imyaka ine

Niyigena Clement na Nshimiyimana Yunussu bongereye amasezerano

Mu gihe APR FC ikomeje gutandukana na bamwe ni ko ku rundi ruhande inibikaho abo yifuza. Muri abo harimo myugariro Niyigena Clement wamaze kongererwa amasezerano y’imyaka ibiri muri APR FC.

Uyu mukinnyi ni umwe mu bo Ikipe y’Ingabo igenderaho mu bwugarizi kuva yayigeramo mu myaka ibiri ishize.

Niyigena yari yanze gukina umukino wo gusogongera Stade Amahoro bataraganira ku bijyanye n’amasezerano. Uyu mukinnyi kandi asanzwe anahamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.

Nshimiyimana Yunussu wagize umwaka mwiza w’imikino ushize nawe yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe.

Myugariro Niyigena Clement yongereye amasezerano y'imyaka ibiri
Nshimiyimana Yunussu yongereye amasezerano y'imyaka ibiri muri APR FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages