00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yatsinze Marines FC yisubiza intebe y’icyubahiro muri Shampiyona

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 6 March 2019 saa 06:34
Yasuwe :

Ikipe ya APR FC yatsinze Marines FC, ibitego 2-0, biyihesha kwisubiza intebe y’icyubahiro muri shampiyona, yari yambuwe amasaha make na Rayon Sports.

Uyu mukino w’umunsi wa 19 wa Shampiyona y’u Rwanda (ARPL), wabereye kuri stade ya Kigali, aho APR FC yawinjiyemo ifite intego yo kwisubiza umwanya wa mbere, birayihira kuko yatsinze ikagira amanota 45, aho irusha abiri mukeba wayo Rayon Sports.

Ku munota wa kane gusa Nkinzingabo Fiston, yazamukanye umupira atera ishoti rigarurwa n’umunyezamu wa Marines FC, Ahishakiye Heritier.

APR FC yakomeje kotsa igitutu nta guhumeka. Ku munota wa gatanu w’umukino Nshuti Dominique Savio, yazamukanye umupira anyuze ku ruhande rw’ibumoso ategerwa mu rubuga rw’amahina na Runanira Hamza, umusifuzi yerekana ko ari penaliti.

Hakizimana Muhadjiri uherutse kunanirwa gutsinda penaliti i Nyakarambi, kuri iyi nshuro yerekanye ko ari ibyago yagize ayitera neza igitego cya mbere kiba kiranyoye.

Marines FC yabaye nk’ikangutse itangira gutambaza umupira ndetse ku munota wa 24 Sindambiwe Protais, ahusha uburyo bwagombaga kubyara igitego ku ikosa rya Buregeya Prince, watanze nabi umupira ukamugarukira yawutera ukajya hanze.

Ku munota wa 38 Marines FC yari yitsinze igitego cya kabiri ubwo Hakizimana Felicien, yashakaga gukiza izamu umupira akawerekeza mu izamu rye ukaza gufatwa neza n’umunyezamu we.

Iki gihunga cyatumye ku munota wa 40, APR FC ibona igitego cya kabiri cyatsinzwe na Muhadjiri ku ishoti rikomeye umunyezamu atabashije kugarura.

Ibi bitego nibyo byarangije uyu mukino wagaragayemo Fitina Ombolenga, nyuma yo kuva i Burayi, aho yaje gusimbura Fiston Nkinzingabo ku munota wa 56.

APR FC yagaragaje ibimenyetso byo kugarira aho Issa Bigirimana yavuyemo agaha umwanya Buteera Andrew. Ibi byongereye imbaraga Marines FC, kuko ku munota wa 64 Nkirinkindi Saleh yarekuye ishoti rikurwamo na Rusheshangoga ku mutwe umuzamu yaguye kare.

Kuri uyu munsi wa 19 wa shampiyona kandi Espoir FC yatsinze Musanze FC igitego 1-0, Mukura VS inganya na Kiyovu Sports 0-0. Ibi byagize impinduka ku rutonde rwa shampiyona kuko APR FC ari iya mbere n’amanota 45, Rayon Sports, 43, Mukura VS, 41.

Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rw'ikipe ya Marines
Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rw'ikipe ya APR FC
Bigirimana Issa ntabwo yigeze yigaragaza muri uyu mukino kugeza asimbuwe na Butera Andrew ku munota wa 58
Igihe Savio yakorerwagaho ikosa ryavuyemo penaliti yababaye cyane n'ubwo yahise yitabwaho n'umuganga wa APR FC akagaruka mu kibuga
Umunyezamu Ahishakiye Hertier ntiyashoboye kugarura penaliti yatewe na Hakizimana Muhadjili
Yaguye ibutamoso
Muhadjlili yari yafashwe cyane n'abakinnyi ba Marines
Hakizimana Muhadjiri amanitse intoki ebyiri nk’ikimenyetso kerekana ko amaze kunyeganyeza inshundura inshuro ebyiri muri uyu mukino
Issa Bigirimana na Ally Niyonzima baje gufasha Hakizimana kwishimira igitego cya mbere
Visi Perezida w’ikipe ya APR FC, Lt. Gen Mubalaka Muganga yakurikiranye uyu mukino
Umuyobozi w’abafana ba APR FC ku rwego rw’igihugu Kalinda Emile areba uko ikipe ye yesurana na Marines FC
Nshuti Innocent utarabona ibyangombwa bimwemerera gukina muri uyu mwaka yarebeye umupira mu myanya y’icyubahiro
Asman bakunze kwita Murundi wateye umugongo ikipe ya AS Kigali akerekeza muri APR FC ni umwe mu bigaragaje kuri uyu mukino
Iri niryo cupa anyweramo amazi
Nyirinkindi Saleh wahoze akinira ikipe ya APR FC ni umwe mu bagoye cyane ba myugariro bayo
Yarekuye ishoti ryari ryabazwe ariko rijya hanze gato y’izamu
Yarekuye ishoti ryari ryabazwe ariko rijya hanze gato y’izamu
APR Zone 1 bavuza ingoma nyuma y’uko ikipe bihebeye yari imaze kubona ibitego bibiri
Iki gikombe abafana bahorana ku mikino ya APR FC ngo ni ikimenyetso cy’uko uyu mwaka ikipe y’ingabo z’igihugu izakegukana
Ni umukino utigeze witabirwa n’abafana benshi
Nubwo umutoza wa APR FC Zlatko Krmpotić yari afite ibitego bibiri, ntibyamubuzaga kubaza umusifuzi aho iminota igeze kugira ngo ataza kugomborwa
Umutoza wa Marines FC Yves Rwasamanzi wigeze kungiriza Mulisa Jimmy muri APR FC yagowe cyane n’ikipe yahozemo

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages