00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yegukanye Igikombe cya Shampiyona idatsinzwe (Amafoto)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 12 May 2024 saa 08:04
Yasuwe :

APR FC yanganyije na Amagaju FC igitego 1-1 mu mukino wabaye ku Cyumweru, tariki 12 Gicurasi 2024 kuri Kigali Pelé Stadium, yegukana Igikombe cya Shampiyona 2023/24 idatsinzwe, .

Ni umukino witabiriwe n’abanyabigwi bakomeye b’Ikipe y’Ingabo barimo Ndizeye Aimé Désiré ’Ndanda’, Rudifu, Jimmy Gatete, Jimmy Mulisa, Sibo Abdul na Nshimiyimana Eric.

Hari kandi abayobozi batandukanye nka Perezida wa FERWAFA, Munyentwari Alphonse, Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen Mubarakh Muganga na Chairman wa APR FC, Col Richard Karasira n’abandi benshi.

APR FC yatangiye umukino yihuta cyane ariko Mugisha Gilbert ntabyaze umusaruro uburyo bw’ibitego yabonaga.

Mu minota 25, umukino watuje nyuma y’aho Amagaju yari amaze kwinjirira mu mukino.

Ku munota wa 33, Amagaju yazamutse neza yihuta cyane, Rukundo Abdulkarim atera ishoti barikuramo, umupira ugarukira Bizimana Ibutihadji atera ishoti rikomeye cyane atsinda igitego cya mbere.

APR FC yakomeje gusatira ishaka uko yishyura igitego ariko igice cya mbere kirangira Amagaju ayoboye umukino n’igitego 1-0.

Ikipe y’Ingabo yatangiranye igice cya kabiri imbaraga itangira guhusha uburyo bw’ibitego ku mipira ikomeye yaterwaga na Niyigena Clement.

Ku munota wa 57, Malaanda Destin yazamukanye umupira wenyine ahusha igitego asigaranye n’umunyezamu Pavel Ndzila.

Uyu mupira wahise uzamukanwa neza na Ruboneka Bosco wawuteye uvamo usanga Omborenga Fitina ahageze wenyine yishyura igitego ku munota wa 58.

Mu minota 69, Ikipe y’Ingabo yasatiraga bikomeye ariko umunyezamu, Ndikuriyo Patient akayibera ibamba.

Ku munota wa 73, Kwitonda Alain yacomekeye umupira Victor Mbaoma ntiyawushyikira uca hanze gato y’izamu. Ikipe y’Ingabo yakomeje gusatira bikomeye ariko uburyo bwinshi bw’ibitego babonaga ntibugire icyo bubyara.

Umukino warangiye APR FC yanganyije na Amagaju FC igitego 1-1, yegukana Igikombe cya Shampiyona idatsinzwe, kikaba icya gatatu yegukanye yikurikiranya.

Ikipe y’Ingabo yasoje Shampiyona ifite amanota 68, aho irusha Rayon Sports ya kabiri amanota 11.

Ni mu gihe kandi ikipe ya Sunrise FC na Etoile de L’Est zombi zo mu Burasirazuba zamanutse mu Cyiciro cya Kabiri.

Umuhanzi Chris Eazy yishimiwe cyane
Jimmy Gatete wakiniye APR FC ni umwe mu bitabiriye ibirori byo kwegukana Igikombe cya Shampiyona cya 22
Minisitiri w'Ingabo, Juvenal Marizamunda n'Umugaba Mukuru w'Ingabo, Gen Mubarakh Muganga bishimira igikombe
Abakinnyi ba APR FC bishimira Igikombe cya Shampiyona begukanye badatsinzwe
APR FC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya gatanu yikurikiranya
Chairman wa APR FC, Col Richard Karasira na Kapiteni Niyomugabo Claude bishimira igikombe
Perezida wa FERWAFA, Munyantwari Alphonse ashyikiriza igikombe Kapitei Niyomugabo Claude
Abanyabigwi ba APR FC nibo bazanye igikombe
Jimmy Gatete afata amashusho y'urwibutso

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages