00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yerekanye ko ari iyo kwitonderwa (Amafoto & Video)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 23 August 2026 saa 08:05
Yasuwe :

Ikipe ya APR FC yatsinze ibitego 2-1 mu mukino mpuzamahanga wa gicuti wayihuje na Al-Ahli Wad Medani yo muri Sudani, igaragaza ubusatirizi bwayo nk’inkingi yegamiyeho.

Ni umukino wabereye kuri Stade y’Akarere ka Bugesera, kuri iki Cyumweru, tariki ya 23 Kanama 2026, mu gihe yitegura gutangira imikino y’ijonjora ryaa mbere rya CAF Champions League.

Kuri iyi nshuro APR FC yakinnye ishaka igitego kandi hakiri kare cyane, dore ko ku munota wa mbere Byiringiro Jean Gilbert yahushije uburyo bwa mbere, ku mupira wari uzamukanye neza na Djibril Oattara.

Ku munota wa gatatu gusa, Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatsinze igitego cya mbere, gitsinzwe na Uwiyaremye Fidali, ku kazi gakomeye kari gakozwe na Mamadou Traore wafashe icyemezo asiga ubwugarizi bwa Al-Ahli Wad Medani.

Uyu mukino werekanye ko Mamadou Traoré ari umwe mu bo APR FC izubakiraho muri uyu mwaka, dore ko imipira myinshi iva mu kibuga hagati ijya kuri ba rutahizamu ari we iturukaho.

Gusa uyu mukinnyi ntaramenyerana na Memel Dao ugikoresha imbaraga nyinshi mu gushaka umupira, ariko myinshi muri yo ntayibyaze umusaruro, bikavamo amakosa menshi ya APR FC mu kibuga hagati.

Umunyezamu wa APR FC, Ernane Siluane, utaragize intangiriro nziza muri APR FC, yagaragaje ko nubwo hari abamushidikanyaho ariko ari umuhanga, kuko yakuyemo imipira ibiri harimo uwa Alex Asho wa Al-Ahli Medani, kandi barebanaga hagati yabo harimo nka metero imwe.

Mu gice cya kabiri, APR FC yakoze impinduka ishyira mu kibuga Hakim Kiwanuka, asimbura Uwiyaremye Fidali, naho Nshimiyimana Yunusu ajyamo havamo Ishimwe Abdoul.

Nshimiyimana Yunusu yinjiraye igihunga, ndetse guhagarara nabi we na bagenzi be barimo Madou Zon, bishyurwa igitego cya mbere cyatsinzwe na Mohamed Hashm Takat wateye ishoti ahagaze wenyine.

Iki gitego kandi cyagiyemo mu gice cya kabiri cyagizwemo uruhare n’imbaraga nke za Byiringiro Gilbert, wasizwe na rutahizamu wa Al-Ahli Wad Medani, Moaz Al-Bakhakh.

Impinduka umutoza wa APR FC yakoze zo gushyira mu kibuga Rubuguza Jean Pierre, Daouda Yussif na Omborenga Fitina, byongereye imipira ya APR FC igana mu rubuga rw’amahina rwa Al-Ahli Wad Medani, iza no kubona igitego ku munota wa 74 cyashyizwemo na Rubuguza.

APR FC iracyahuzagurika mu bwugarizi bwayo, dore ko amakosa ya Nshimiyimana Yunusu, Byiringiro Gilbert na Ishimwe Christian yatezaga ibibazo inshuro nyinshi ku izamu rya APR FC.

Bigaragara ko ari ikibazo cy’igihe, kuko abakinnyi biganjemo abashya bataramenyerana n’abasanzwe mu ikipe, kandi Umutoza wa APR FC, Abderrahim Taleb, na we asa nk’utaremeza neza abakinnyi babanza mu kibuga ari ngenderwaho mu ikipe.

Abafana b’Ikipe y’Ingabo basigaye ari bake ku kibuga ugereranyije n’abasanzwe bayiherekeza, ndetse ni ko byari bimeze kuri uyu mukino yari yakiriye.

Uyu mukino wasize umwe mu bana bigishirizwa umupira w’amaguru mu irerero rya APR FC, aguye igihumure ari ku kibuga, ariko imbangukiragutabara yahabaye, ahabwa ubutabazi bw’ibanze.

Uyu wari umwe mu mikino yo kwitegura CAF Champions League, dore ko umukino wayo wa mbere na uteganyijwe ku wa 5 Nzeri 2026, i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Gusa mbere y’uko ikina uyu mukino, ishobora gukina undi mukino umwe wa gicuti n’ikipe ikomeye kugira ngo irusheho kumenyerana no kwitegura uyu mukino mpuzamahanga.

Abatoza ba APR FC bagera kuri Stade ya Bugesera
Ubwo imodoka itwara abakinnyi ba APR FC yageraga muri stade aho yakiniye umukino wa gicuti
Amakipe yageze ku kibuga yatinze bituma umukino ukererwaho
Ronald Ssekiganda wa APR FC ari kwishyushya
Abakinnyi ba Al-Ahli Wad Medani bishyushya
Abakunzi ba APR FC bagerageje kuyishyigikira
Mutako Sonia umenyerewe muri sinema y'u Rwanda no ku mbuga nkorayambaga yashyigikiye APR FC yihebeye
Umutoza wa Al-Ahli Wad Medani, Awwad Allah, n'uwa APR FC, Abderrahim Taleb baganira mbere yo gukina
Abakinnyi 11 Al-Ahli Wad Medani yabanje mu kibuga
Abakinnyi 11 APR FC yabanje mu kibuga
Ba kapiteni b'amakipe yombi nyuma yo guhabwa amabwiriza y'umukino
Uwiyaremye Fidali yatsinze igitego cya mbere cya APR FC
Djibril Ouattara wa APR FC ni umwe mu bagize ubusatirizi bwayo
Ingabo z'Igihugu zashyigikiye APR FC ikina na Al-Ahli Wad Medani
Mutako Sonia ashyigikiye APR FC
Umurindi wari wose ku Ngabo z'Igihugu zari zishyigikiye ikipe yabo
Chairman w'agateganyo wa APR FC, Col (Rtd) Vincent Mugisha, akurikiye umukino
Umwe mu bana batora imipira yikubise hasi ajyanwa mu mbangukiragutabara
Djibril Ouattara wa APR FC agerageza gusiga ba myugariro ba Al-Ahli Wad Medani
Al-Ahli Wad Medani yananiwe kwikura imbere ya APR FC
Mamadou Traoré yafashije APR FC gutsinda Al-Ahli Wad Medani
Memel Raouf Dao wa APR FC ashaka gutanga umupira kuri bagenzi be
Abafana ba APR FC bakuye akanyamuneza i Bugesera
Abafana b'inkoramutima za APR FC biyemeje kuyiba hafi mu bihe byose

Amafoto: Nzayisingiza Fidele
Video: Ndacyayisenga Emmy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages