00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Irerero rya APR FC ryihariye irushanwa ryatewe inkunga na MINADEF

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 July 2026 saa 07:16
Yasuwe :

Abana barenga 1.000 bo mu marerero 35 yigisha umupira w’amaguru mu Rwanda, bitabiriye irushanwa ryo kwizihiza ku nshuro ya 32 umunsi wo Kwibohora ryatewe inkunga na Minisiteri y’Ingabo (MINADEF), APR yiharira ibikombe.

Iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya kabiri ryitabiriwe n’amakipe yo mu turere twa Kayonza, Rwamagana, Gatsibo, Kicukiro, Gasabo na Nyarugenge, imikino ya nyuma ibere ku kibuga cy’i Nyamirambo.

Amakipe 35 yakinnye iri rushanwa yarimo abana batarengeje imyaka 10, 13, 16 na 18, abitwaye neza bafashijwe na Minisiteri y’Ingabo kugera ku kibuga cyabereyeho imikino ya nyuma.

Ni irushanwa rya gatatu ryari riteguwe na gahunda yashyizweho n’abakanyujijeho mu mupira w’maguru mu Rwanda yiswe ‘Imizi Football Alliance’ itegura amarushanwa y’abato.

Binyuze mu muterankunga w’iri rushanwa ari we Banki ya Kigali, ababyeyi basobanuriwe uburyo babona inguzanyo zo kwishyurira abana babo amashuri, no kubazigamira ku nyungu yo hasi.

Amarerero ya APR FC yitwaye neza mu irushanwa, aho mu bahungu yegukanye Igikombe mu batarenge imyaka 16 itsinze Ingenzi FA igitego 1-0, yongera kugitwara mu bakobwa itsinze Imena FC kuri penaliti 2-0 nyuma y’uko banganyije 0-0.

Mu batarengeje imyaka 13, Aganze SC yatsinze Umurabyo kuri penaliti 2-1 nyuma y’uko amakipe yombi anganyije 0-0.

Irerero rya Niyibizi Ramdhan wakiniye APR FC, N.R.F, ryitwaye neza mu mikino y’abatarengeje imyaka 10, ryegukana Igikombe ritsinze The Rock FA ibitego 2-0.

Ingabo z'u Rwanda zasusurukije abitabiriye imikino ya nyuma
Iri rushanwa ryakinwe ku nshuro ya kabiri
Irerero rya Niyibizi Ramadhan ryatsinze irya APR muri 1/2
Irerero rya Niyibizi Ramadhan riri mu yitwaye neza
Frédéric Crebiller nk’Umutoza ushinzwe gushaka no kuzamura impano z’umupira w’amaguru mu Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA) yifashishijwe mu gukurikirana abana bafite impano
Abakanyujijeho mu mupira w'amaguru mu Rwanda, ni bo bateguye iri rushanwa
MINADEF yateye inkunga iri rushanwa ryitabiriwe n'abana barenga 1000
Abatoza baherewe amahugurwa mu marushanwa yo kwibohora
MINADEF yaganirije abana ku gukunda igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages