Nyuma kurangiza iminota 120 baguye miswi, Argentina ya Lionel Messi yasezereye u Buholandi kuri penaliti 4-2 ibona itike yo gukina ku nshuro ya gatanu umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi aho bagishaka ku nshuro ya gatatu.
Umukino wa nyuma: u Budage vs Argentina, tariki ya 13/7/2014 saa 21.00 @Estadio do Maracanã
Umwanya wa gatatu: Brazil vs u Buholandi, tariki ya 12/7/2014 saa 22.00 @Estádio Nacional Mané Garrincha
Nubwo yari yashoboye guhagarika Messi, myugariro w’u Buholandi Ron Vlaar yabimburiye bagenzi be gutera penaliti yakuwemo n’umunyezamu wa Argentina, Sergio Romero.
Ku ruhande rw’Argentina, Kapiteni Messi niwe wabanjje gutera ayinjiza neza, yakurikiwe n’iy’u Buholandi ya Arjen Robben yinjiye n’iya Argentina ya Ezequiel Garay.
Byakomeje kuba bibi ku ikipe ya Luis Van Gaal ubwo Wesley Sneidjer yateraga penaliti ya gatatu ikurwamo na Romelu mu gihe umunyezamu wabo, Jasper Cillessen atashoboye kugira n’imwe ahagarika nkuko byari byakozwe n’umusimbura we, Tim Krul ubwo basezereraga Costa Rica.
Byabaye nk’ibitungurana ubwo umutoza w’u Buhoalndi yabanzaga mu kibuga, Nigel de Jong wari waravunitse kuva tariki ya 29 Kamena wari ufite inshingano zo gukinira iruhande rwa Messi wamaze iminota 120 adakoze ku mupira mu rubuga rw’u Buholandi.
Nubwo bahiriwe no gukina Messi, u Buholandi bwari bwarinjije ibitego 12 bitsinzwe n’abakinnyi 7 batandukanye iminota 120 yarangiye bateye mu izamu ishoti rimwe gusa.
Mbere y’uko umukino utangira hafashwe umunota wo wibuka rurangiranwa Alfredo Di Stefano watabarutse, agashyingurwa kuri uyu wa Gatatu i Madrid.
Argentina yaherukaga gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi mu 1990 mu gihe Abadage batsinzwe na Brazil mu 2002 ibitego 2-0.
Ni ku nshuro ya gatatu, aya makipe agiye guhurira ku mukino wa nyuma. Mu 1986, Argentina ya Maradona yatsinze u Budage bw’Uburengerazuba ibitego 3-2 naho nyuma y’imyaka ine, ikipe yatozwaga na Franz Beckenbauer ibihimuraho i Roma igitego 1-0.
Van Gaal yavuze ko yari yizeye gutsinda mu gice cya kabiri, yemeza ko iyo bigeze muri penaliti hayobora amahirwe. Yagize ati “Abakinnyi banjye bakoze ibyo basabwaga nubwo Atari ko twari twabiteguye.”
Ni ubwa kabiri, u Buholandi busezererwa mu gutera penaliti muri ½ cy’irangiza nyuma ya Brazil mu 1998.
Nibura imikino 14 yakurikiye iyo mu matsinda, 7 hitagbajwe iminota 30 y’inyongera, myinshi kuva mu 1990 ubwo hakinwaga 8. Ku nshuro 4 Argentina uakinnye ½ ntirahatsindirwa.
Uyu niwo mukino wa mbere wa ½ urangiye nta gitego ndetse hakitabazwa n’iminota y’inyongera ntihagire igihinduka.



















TANGA IGITEKEREZO