Ariel Wayz wari umaze iminsi atangarije kuri Radio Rwanda ko yihebeye ikipe ya Rayon Sports, icyo gihe yagize ati “Njye ndi umu Rayon abatari babizi babimenye.”
Kuwa Gatanu tariki 4 Ugushyingo 2022, ku mukino Rayon Sports yatsinzemo Sunrise igitego 1-0 cya Ndekwe Felix, uyu muhanzikazi yakiriwe na Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele anamushyikiriza umwambaro wayo.
Umunyamabanga wa Rayon Sports, Namenye Patrick, yahaye ikaze Ariel Wayz mu ikipe y’i Gikundiro.
Yagize ati “Ariel Wayz twamuhaye kalibu mu muryango w’Igikundiro kuko akwiriye gukundwa ndetse n’ibihangano bye bikunditse. Arifuza kubana natwe mu rugendo rwo gutwara igikombe kandi ni byiza byadushimishije nk’ubuyobozi bwa Rayon Sports n’abakunzi ba Rayon".
Yakomeje agira ati "Ubu ibihangano bye aba Rayon tugiye kujya tubyumva kenshi kuko ari umwe muri twe.”
Ariel Wayz yatangiriye umuziki mu itsinda rya Symphony Band, kuva 2021 yatangire gukora ku giti cye aho afite indirimbo nyinshi zakunzwe nka Away, Goodluck n’izindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!