Umukino wari utegerejwe cyane, wahuje amakipe abiri asanzwe akomeye ariko muri iyi minsi atari mu bihe byayo byiza byanagaragaye cyane ku bitego byabazwe byagiye bihushwa ku mpande zombi.
Nubwo Man United yagaragaraga nk’iri hejuru gato ku ikipe ya Chelsea, nta kipe n’imwe yigeze ibyaza umusaruro amahirwe yabonye ndetse iminota 90 irangira zinganya ubusa ku busa.
Nyuma y’umukino, Umutoza Louis Van Gaal benshi bari biteze ko ashobora guhita asezera nyuma y’imikino umunani adatsinda mu marushanwa yose ibintu byaherukaga kuba kuri iyi kipe mu mwaka wa 1990, yagize ati "Iyo abakinnyi bagaragaje ubwitange nk’ubu kandi hari igitutu kibariho, nta mpamvu yo gusezera.”
Kuri uyu mukino hagaragaye bamwe mu bafana ba Man United bari bitwaje ibyapa by’ikipe ariko biriho amafoto y’umutoza Jose Mourinho bagaragaza ko ariwe bifuza ko yasimbura Van Gaal.
Ikipe ya Arsenal yari yandagajwe ku mukino uheruka itsindwa ibitego bine ku busa na Southampton noneho yikosoye imbere ya Bournemouth iyitsinda ibitego bibiri ku busa byatsinzwe na Gabriel ndetse na Mesut Ozil.
Mbeye y’umukino uhuza Man City na Leicester City kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Arsenal yahise ifata umwanya wa mbere by’agateganyo n’amanota 39 ikaba yanawugumaho igihe aya makipe yaba anganyije cyangwa Man City igatsinda.
Uko imikino yose yagenze
Man united 0-0 Chelsea
Everton 3-4 Stoke City
Crystal Palace 0-0 Swansea
Norwich 2-0 Aston Villa
Watford 0-2 Tottenham
West Brom 1-0 Newcastle
Arsenal 2-0 Bournemouth
West Ham 2-1 Southampton
Kuwa Kabiri
Leicester City vs Man City
Kuwa Gatatu
Sunderland vs Liverpool



















TANGA IGITEKEREZO