00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Arsenal yafashe umwanya wa mbere, Man United yuzuza umukino wa munani idatsinda

Yanditswe na

Manzi Lema Jules

Kuya 29 December 2015 saa 09:21
Yasuwe :

Ku munsi wa 19, Shampiyona mu Bwongereza yakomeje hakinwa umukino wari utegerejwe na benshi wahuje Man United na Chelsea warangiye ari ubusa ku busa, naho Arsenal ifata umwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Bournemouth ibitego bibiri ku busa.

Umukino wari utegerejwe cyane, wahuje amakipe abiri asanzwe akomeye ariko muri iyi minsi atari mu bihe byayo byiza byanagaragaye cyane ku bitego byabazwe byagiye bihushwa ku mpande zombi.

Nubwo Man United yagaragaraga nk’iri hejuru gato ku ikipe ya Chelsea, nta kipe n’imwe yigeze ibyaza umusaruro amahirwe yabonye ndetse iminota 90 irangira zinganya ubusa ku busa.

Nyuma y’umukino, Umutoza Louis Van Gaal benshi bari biteze ko ashobora guhita asezera nyuma y’imikino umunani adatsinda mu marushanwa yose ibintu byaherukaga kuba kuri iyi kipe mu mwaka wa 1990, yagize ati "Iyo abakinnyi bagaragaje ubwitange nk’ubu kandi hari igitutu kibariho, nta mpamvu yo gusezera.”

Kuri uyu mukino hagaragaye bamwe mu bafana ba Man United bari bitwaje ibyapa by’ikipe ariko biriho amafoto y’umutoza Jose Mourinho bagaragaza ko ariwe bifuza ko yasimbura Van Gaal.

Ikipe ya Arsenal yari yandagajwe ku mukino uheruka itsindwa ibitego bine ku busa na Southampton noneho yikosoye imbere ya Bournemouth iyitsinda ibitego bibiri ku busa byatsinzwe na Gabriel ndetse na Mesut Ozil.

Mbeye y’umukino uhuza Man City na Leicester City kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Arsenal yahise ifata umwanya wa mbere by’agateganyo n’amanota 39 ikaba yanawugumaho igihe aya makipe yaba anganyije cyangwa Man City igatsinda.

Uko imikino yose yagenze

Man united 0-0 Chelsea

Everton 3-4 Stoke City

Crystal Palace 0-0 Swansea

Norwich 2-0 Aston Villa

Watford 0-2 Tottenham

West Brom 1-0 Newcastle

Arsenal 2-0 Bournemouth

West Ham 2-1 Southampton

Kuwa Kabiri

Leicester City vs Man City

Kuwa Gatatu

Sunderland vs Liverpool

Amakipe yombi yabuze igitego
Umutoza Louis Van Gaal yari anyotewe intsinzi
Uwahoze atoza Man Utd,Sir Alex Ferguson nawe yari yaje kureba uyu mukino
Hiddink uri gutoza Chelsea yanganyirije kuri Old Trafford
Van Gaal yavuze ko abakinnyi be ntako batagize
Bamwe mu bafana ba Man Utd bagaragaje ko bifuza Jose Mourinho
Gabriel niwe wafunguye amazamu ku ruhande rw'ikipe ya Arsenal
Ozil yatsinze kimwe mu bitego bibiri ikipe ye yatsinze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages