Uyu mwambaro wamuritswe kuri uyu wa Kane, tariki ya 16 Gicurasi 2024. Nk’ibisanzwe ugizwe n’ibara ry’umutuku n’umweru. Ijosi ryayo rikoze nk’umuzenguruko nk’uko byari bisanzwe ku myenda iheruka.
Ufite kandi ibirango by’umuterankunga mukuru w’iyi kipe, Emirates, aho imbere ku mupira handitseho amagambo ya ’Emirates Fly Better’ aho kuba ’Fly Emirates’ nk’uko hari hashize igihe bimeze.
U Rwanda rwakomeje kwamamazwa ku kaboko k’ibumoso nk’uko bikubiye mu masezerano iyi kipe yagiranye n’u Rwanda kuva mu 2018 akanongerwa mu 2021.
Arsenal igiye kwambara umwambaro ujya kumera nk’uwo yakoreshaga mu mwaka w’imikino wa 1989-90.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!