Ikipe ya Arsenal itarifite rutahizamu wayo Alex Sanchez yabashije gukura amanota atatu kuri Manchester City iri mu zihabwa amahirwe menshi ku kwegukana igikombe cya shampiyona cy’uyu mwaka.
Walcott yafunguye amazamu ku munota wa 33 w’umukino mbere y’uko rutahizamu Olivier Giroud ashyiramo igitego cya kabiri mu minota ya nyuma y’igice cya mbere ku mupira yari ahawe neza na Mesut Ozil.
Manchester City yagiye igerageza amahirwe menshi yo kwishyura ariko ntibyayihira ahanini kubera umuzamu Peter Cech wagiye akuramo imipira itandukanye.
Ku munota wa 82 w’umukino, Yaya Toure yatsinze igitego kimwe bakomeza kugerageza kubona ikindi ariko umukino urangira gutyo.
Nyuma y’umukino Arsene Wenger yagize ati: "Ndakeka ko twagaragaje ubwitange, ishyaka, gukorera hamwe n’umukino mwiza byose hamwe nibyo biduhesheje amanota atatu.”
Naho mugenzi we wa Manchester City, Manuel Pellegrini ati: “Twakinnye neza kurusha Arsenal ariko ikibazo ni uko tudatsinze. Ntabwo twari dukwiye gutakaza aya manota.”
Uyu ni umukino wa gatanu Manchester City yatakaje kuva shampiyona yatangira.
Ikipe iheruka gutakaza iyo mikino igatwara igikombe ni Everton hari mu 1986-87.
Urutonde rwa shampiyona nta cyahindutse kuko Leicester City ikiyoboye n’amanota 38, ikurikiwe na Arsenal ifite 36 naho Man City iracyari ku mwanya wa gatatu n’amanota 32.



















TANGA IGITEKEREZO