Ni umushahara aba bakinnyi bakiriye nyuma yo kumara icyumweru baranze gukora imyitozo batarishyurwa. Iyi kipe yatangiye kwitegura umukino w’ikirarane ifitanye na APR FC ku wa Mbere, tariki 15 Mata 2024 saa 15:00 kuri Kigali Pelé Stadium.
Ni umukino ukomeye cyane kuko mu gihe, Ikipe y’Ingabo yawutsinda yazahita yegukana Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya gatanu yikurikiranya.
Ni ubwo bimeze bityo ariko Ikipe y’Umujyi ni imwe muzananiye APR FC muri iyi myaka ya vuba kuko Ikipe y’Ingabo iheruka kuyitsinda muri shampiyona mu 2018.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!