Yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, uyu mugabo w’imyaka 30 yakoze amashusho ari gusiganwa n’imodoka ndetse n’indege, avuga ijambo ‘Afurika’ mu ijwi riranguruye.
Iri jambo yarikurikije amabendera y’ibihugu ashobora gusura kuva tariki ya 28 Kemena 2026. Muri ayo mabendera harimo iry’u Rwanda.
Buri mu masaha ya mugitondo, uyu mugabo akora ibikorwa byo kubaka umubiri mu buryo bugaragara, ndetse ni ibikorwa amaze imyaka 15 akora mu buryo buhoraho.
Agiye gusura ibihugu bya Afurika nyuma y’uko asuye ibindi birimo u Budage, Puerto Rico, u Buhinde na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Aho ageze ahura n’abandi bakora nk’ibye cyangwa abakoresha imbugankoranyambaga, hanyuma agakorana na bo siporo.
Umunyarwanda Kagarara wamamaye ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda, ni umwe mu bagerageza kwigana Ashton Hall, ibikorwa yatangiye gukora nyuma y’uko ahuye na Darren Jason Watkins Jr, wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika wamamaye nka IShowSpeed, na we wasuye u Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!