Mu gihe itike ya 1/8 y’u Bwongereza iri mu maboko y’u Butaliyani bugomba gutsinda imikino yose busigaranye, rutahizamu wabwo, Mario Balotelli yasabye ko nibatsinda Costa Rica yaza guhabwa umugisha n’umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II, akamusoma ku itama.
Nyuma y’aho Uruguay itsindiye u Bwongereza, kuri Twitter Balotelli yagize ati “Niba dutsinze Costa Rica, ndashaka ko umwamikazi w’u Bwongereza ansoma, birumvikana ku itama.”
Kugira ngo u Bwongereza bubone itike ya 1/8 ni uko u Butariyani butsinda Costa Rica ndetse na Uruguay bazakina ku mukino wa nyuma wo mu matsinda.
U Butariyani vs Costa Rica saa 18.00 @ Arena Pernambuco
Umunyezamu w’u Butaliyani, kapiteni Gianluigi Buffon na Mattia De Sciglio batakinnye n’u Bwongereza batangiye imyitozo nubwo bitaremezwa niba bakina uyu munsi.
Ni kimwe kandi nka Andrea Barzagli na Daniele De Rossi bagize imvune zoroheje mu myitozo.
Mu bikombe bitatu biheruka, u Butariyani ntiburatsinda imikino ibiri ibanza kuva mu 1990 ubwo batsindaga itanu ikurikirana.
Costa Rica niyo kipe ya mbere imaze guhura n’amakipe atatu yatwaye igikombe cy’Isi mu mu mikino yo mu matsinda.
Colombia ya Joel Campbel na Bryan Luiz itsinze u Butariyani yaba ikipe ya mbere itari iy’i Burayi ntibe na Brazil cyangwa Argentina, itsinze ikipe yatwaye igikombe cy’Isi mu irushanwa rimwe.
U Busiwisi vs u Bufaransa saa 21.00 @ Arena Fonte Nova
Umufaransa Yohan Cabaye wari wagize ikibazo agasiba imyitozo ibiri yakize neza, arasabwa akwitonda kimwe nka Patrice Evra na Paul Pogba babonye amakarita y’umuhondo mu mukino ubanza.
U Bufaransa bumaze gutsinda u Busuwisi inshuro15 mu mikino 36 banganya 9. Mu 2006 baguye miswi.
U Bufaransa buheruka gutsinda imikino ibiri y’igikombe cy’Isi mu 1998, ubwo bagitwaraga.
Niba Karim Benzema atsinze igitego araba umukinnyi wa mbere mu myaka 40 ishize utsinze mu mikino ibiri y’igikombe cy’Isi ku nshuro ya mbere, uheruka ni Umunya Pologne Grzegorz Lato mu 1974.
Saa sita, Honduras iracakirana na Equateur ibihugu byamaze imyaka itanu bidacana uwaka, kubera coup d’etat yo muri Honduras gusa kuva muri Werurwe umubano ni mwiza hagati y’ibihugu byombi. Honduras iheruka gutsinda igitego mu gikombe cy’Isi cyo mu 1982.



















TANGA IGITEKEREZO