Ni mu itangazo iyi kipe yashyize hanze kuri uyu wa Kane, tariki ya 30 Gicurasi 2023, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.
Iyi kipe yambara Ubururu n’Umweru ni imwe mu makipe atarahiriwe n’umwaka w’imikino wa 2023-24, aho yabuze ibikombe bibiri mu bikomeye bikinirwa mu Rwanda harimo Shampiyona ndetse n’icy’Amahoro.
Ibyo byatumye itekereza ku kuvugurura imyanya imwe n’imwe cyane ko benshi mu bakinnyi yakoreshagaho bari bararangije amasezerano.
Youssef Rhab we yagarutse muri Gikundiro muri Nyakanga afitiwe icyizere cyinshi n’abafana ba Rayon Sports gusa umusaruro bari bamwitezeho si wo yatanze, uretse ko imvune n’urwego rwe rwari rwarasubiye inyuma byatumye atabona umwanya uhoraho muri iyi kipe.
Abandi bakinnyi barimo Umurundi Mvuyekure Emmanuel wakinaga mu kibuga hagati, rutahizamu ukomoka muri Sénégal, Paul Alon Gomis, umunyezamu wa gatatu wayo Hategekimana Bonheur n’Umunya-Guinée Conakry, Alsény Camara Agogo.
Rayon Sports itegerejweho gushora akayabo ku isoko ry’abakinnyi, dore ko kugeza ubu ifite abakinnyi umunani gusa bakiyifitiye amasezerano.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!