Ku Cyumweru, tariki ya 16 Kanama 2026, ni bwo hateranye inama y’Inteko Rusange ya AS Kigali, yarimo ingingo zo kuyihindurira izina ndetse ikanuzuza inzego zayo z’ubuyobozi.
Ku ikubitiro yagize Uwimana Clarisse Visi Perezida wayo, asimbura Kankindi Anne-Lisa Alida, weguye kuri uyu mwanya mu minsi yatambutse yaranzwe n’amakimbirane muri bamwe mu bayobozi bayo.
Nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere, Bayingana Innocent, umze igihe kinini muri iyi kipe, Bayingana Innocent, ni we wagizwe Umuyobozi Mukuru wa Kigali FC.
Bayingana azayobora amakipe arimo n’iy’abagore ya Kigali Women Football Club, na yo yahoze yitwa AS Kigali WFC.
Abandi bashyizwe mu myanya y’ubuyobozi ni Alffred Nduwayezu, Gerturde Urujeni na Patricie Murekatete bashyizwe mu bagize Urwego Rukuru Kigali FC.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!