00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bekeni wakubise ’team manager’ wa Marines FC yafunguwe

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 2 February 2024 saa 08:00
Yasuwe :

Umutoza wa Etincelles FC y’abato, Bizimana Abdou ’Bekeni’ yafunguwe tariki 31 Mutarama 2024, nyuma y’iminsi itanu afunzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ’RIB’ azira gukubita no gukomeretsa ’team manager’ wa Marines FC, Nsengiyumva Aboubakar ’Zaire’.

Amakuru yizewe agera ku IGIHE yemeza ko ’Bekeni’ yafunguwe ku wa Gatatu tariki 31 Mutarama nyuma yo gusaba imbabazi Ubuyobozi bwa Marines FC ndetse na Nsengiyumva Aboubakar yakubise umutwe ku mukino w’amakipe yombi y’abato.

Bekeni w’imyaka 63 yafunzwe akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake Nsengiyumva Aboubakar w’imyaka 48.

Yamukubise umutwe mu gahanga aramukomeretsa ubwo bari bari kuri Stade Umuganda bari kwitegura umukino w’impande zombi tariki 27 Mutarama 2024. Imvururu zaturutse ku byo aba bagabo bombi batumvikanyeho.

Akimara gukubita Aboubakar yarafashwe afungirwa kuri Station ya RIB ya Gisenyi, mu gihe dosiye igiye gutunganwa kugira ngo yohererezwe Ubushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’Itegeko.

Yaba Bekeni na Etincelles FC basabye imbabazi Marines FC nyuma y’iki cyaha, byabaye ngombwa ko hafatwa ibizamini byo kwa muganga byaje kwerekana ko nta gukomereka kwabayeho ari nabyo byoroheje icyaha.

Bekeni wakubise ’team manager’ wa Marines FC yafunguwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages