Amakipe yombi yiganjemo abakinnyi bakiri bato, yinjiye mu mukino yaramaze kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ½ yasojwe ku wa Gatatu.
Guhererekanya neza n’uburyo buke bugana mu izamu ni byo byaranze iminota 45 ibanza y’umukino yarangiye nta gitego cyabonetse.
Dusange Bertin na Niyonkuru Amani baremye uburyo bwashoboraga kuvamo igitego ku ruhande rwa Gasogi United ariko ntibwagira icyo butanga.
Heroes FC ifite abakinnyi bo ku mpande bihuta barimo Uwiduhaye Abubakar na Nyarugabo Moïse yageragezaga kwinjira mu izamu, ikagorwa n’ubwugarizi bwa Gasogi United bwari buhagaze neza.
Habura iminota itanu ngo igice cya mbere kirangire, Butare Henry yahawe umupira mwiza na Dusange Bertin, ari muri metero eshatu, ubwo yarebanaga n’umunyezamu Twagirumukiza Clément, ashatse kumuroba awugarura n’ikiganza, uhita ukurwaho na myugariro we.
Gasogi United yongeye kugaruka mu gice cya kabiri iri hejuru, Kayitaba Bosco na Niyonkuru Jean Luc bagerageza uburyo bw’amashoti yagiye hanze.
Heroes yaremye uburyo bwatanze igitego cyabonetse ku munota wa 64, ku mupira Uwiduhaye Abubakar yacomekeye Nyarugabo Moïse na we aroba umunyezamu Cuzuzo Gaël.
Gasogi United yakoze impinduka zirimo kwinjiza mu kibuga Kapiteni Nkubana Marc, byayisabye gutegereza umunota wa 80, ibona igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Dusange Bertin kuri penaliti itavuzweho rumwe nyuma y’uko umusifuzi Ahishakiye Barthazar avuze ko uyu rutahizamu wa Gasogi United yagushijwe mu rubuga rw’amahina na Kabanda Félix.
Mu minota ya nyuma y’umukino, Cuzuzo Gaël na Twagirumukiza Clément barokoye amakipe yabo, bashyira muri koruneri uburyo bubiri bukomeye bwabonetse ku mpande zombi.
Iminota isanzwe y’umukino yarangiye nta yindi kipe ibonye igitego gikora ikinyuranyo, haterwa penaliti maze Gasogi United itwara igikombe itsinze kuri penaliti 4-2.
Ikipe ya mbere yahawe igikombe na miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda mu gihe iya kabiri yahawe miliyoni 1 Frw.
Etoile de l’Est yabaye iya gatatu nyuma yo gutsinda Sorwathe FC ibitego 3-0 mu mukino wabanjirije uwa nyuma, yahawe ibihumbi 500 Frw.
Gasogi United na Heroes FC ni zo zizakina icyiciro cya mbere mu mwaka utaha w’imikino wa 2019/20, aho zizasimbura Amagaju FC na Kirehe FC zamanutse.
Amafoto: Usanase Anitha



















TANGA IGITEKEREZO