00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Birantega mu isanwa ry’ikibuga cya Stade Mukebera

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 14 October 2025 saa 11:02
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bwatangaje ko imirimo yo kubaka ikibuga cya Stade Mukebera kiri gushyirwamo ubwatsi bw’ubukorano ‘tapis synthetique’, yadindijwe n’ibura ry’ibikoresho nkenerwa.

Iyi stade yatangiye kuvugururwa muri Nyakanga 2025m biteganyijwe mu mezi atatu ikibuga kizaba cyashyizwemo ariko ntibyabaye.

Mu kiganiro Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel, yagiranye na IGIHE, ubwo imirimo yatangiraga muri Nyakanga 2025, yari yahamije ko imirimo izarangira mu mpera z’Ukwakira 2025.

Mu kongera kubaza uyu muyobozi icyadindije iyi mirimo yavuze ko habayeho inzitizi mu kohererezwa ibikoresho byo kubakisha ikibuga.

Ati “Hari inzitizi zabaye mu kohererezwa ibikoresho bizakoreshwa mu kubaka ikibuga, ibya mbere bishobora kugera Kigali tariki 19 Ukuboza, bivuze ko nta gihindutse imirimo yarangira mu ntangiriro za Gashyantare 2026.”

Ikibuga cya Stade Mukebera nikimara kubakwa kizaba cyujuje ibyo gisabwa kugira ngo cyemerwe n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA) bityo na Rutsiro FC izongere isubire mu rugo, cyane ko imaze igihe yakirira imikino yayo kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu.

Stade Mukebera imaze imyaka 11 kuko yafunguwe ku mugaragaro tariki ya 14 Nzeri 2014.

Imirimo yo kuvugurura ikibuga cya Stade Mukebera yadindijwe no gutinda ku ibikoresho
Biteganyijwe ko ntagihindutse Stade Mukebera yazuzura muri Gashyantare 2026
Stade Mukebera yatangiye kuvugururwa muri Nyakanga 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages