Nyuma y’urugendo rw’iminsi 11 mu modoka, abafana ba Chili basimbutse uruzitiro rwa stade Maracana yakiriye umukino wabahuje na Espagne baninjira ku mbaraga mu cyumba cy’abanyamakuru, Polisi ya Brazil yatangaje ko 85 bagomba gusubira iwabo mu masaha 72.
Aba bafana ntibari bafite amatike yo kwinjira muri stade, bari bambaye amabara ya Chili bavuze ko bashatse aho bagura amatike bakahabura ndetse ngo ni ay’ayabonekaga yari ahenze cyane.
Umwe muri aba bafana yabwiye ibiro ntaramakuru, AFP, ko kuba bahisemo kunyura mu cyumba cy’abanyamakuru bashakaga uko bagera muri stade ariko nta ntego yo kujya mu kibuga.
Abashinzwe umutekano babashije kubahuriza hamwe mu gihe bari bayobowe inzira ibageze muri stade. Nta bikoresho by’abanyamakuru bangije nubwo bivugwa ko umugore ufite ubumuga yakomeretse.
No ku Cyumweru abafana ba Argentina binjiye ku ngufu muri Maracana ubwo ikipe yabo yiteguraga gukina na Bosnia Herzegovina.
Chili yatsinze Espagne ibitego 2-0 ihita ibona itike ya 1/8 gusa ifite umukino wo kwisobanura uzayobora itsinda B n’u Buholande.



















TANGA IGITEKEREZO