00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Brazil vs Croatia: Nta kipe yakiriye igikombe cy’Isi yatsinzwe umukino ubanza

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 12 June 2014 saa 01:46
Yasuwe :

Brazil irakina umukino ubanza w’igikombe cy’Isi 2014 na Croatia saa 22.00 (amasaha y’i Kigali) idafite rutahizamu wa Bayern Munich, Mario Mandzukic wahagaritswe, mu mateka y’iki gikombe nta kipe yakiriye yatsinzwe umukino ubanza. Uyu mukino ubera kuri Arena de Sao Paulo urabanzirizwa n’imihango yo gufungura iki gikombe y’iminota 25 haririmbirwamo indirimbo Ole Ola ya Pitbull, Jennifer Lopez na Claudio Leitte. Brazil ishobora kubanza mu kibuga ikipe yakinnye ku mukino wa nyuma na Espagne (…)

Brazil irakina umukino ubanza w’igikombe cy’Isi 2014 na Croatia saa 22.00 (amasaha y’i Kigali) idafite rutahizamu wa Bayern Munich, Mario Mandzukic wahagaritswe, mu mateka y’iki gikombe nta kipe yakiriye yatsinzwe umukino ubanza.

Umutoza wa Brazil yavuze ko Neymar ariwe ufite umuzigo wa Brazil muri iki gikombe cy’Isi

Uyu mukino ubera kuri Arena de Sao Paulo urabanzirizwa n’imihango yo gufungura iki gikombe y’iminota 25 haririmbirwamo indirimbo Ole Ola ya Pitbull, Jennifer Lopez na Claudio Leitte.

Mu mikino 28 mpuzamahanga Neymar yakinnye yatsinzemo ibitego 22

Brazil ishobora kubanza mu kibuga ikipe yakinnye ku mukino wa nyuma na Espagne muri Confederations Cup mu 2013, Oscar akabanza mu kibuga.

Umutoza wa Brazil, Luiz Felipe Scolari wayihesheje igikombe cy’Isi 2002 avuga ko iki gihugu cyakiriye iki gikombe gifite amahirwe 100% yo kukigumana.

Yagize ati " Ndashaka kubwira Abanya Brazil bose ko igihe ari iki. Iki gikombe cy’Isi ni icyacu tugomba kwerekana ko dushoboye duhereye kuri Croatia."

Uyu mutoza avuga ko intambwe zirindwi bagomba gutera, iya mbere bikaba ari ukubanza gutsinda Croati akuri uyu wa Kane. Rutahizamu wa FC Barcelona, Neymar azajya yambara numero 10 ya rurangiranwa Pele, uyu mupira akaba azawuha nyina nk’impano.

Niko Kovac, umutoza wa Croatia yavuze ko afite abakinnyi b’abanyamwuga babonye imyitozo ihagije, baje mu gikombe cy’Isi biteguye kwitanga uko bishoboka.

Kovac ati " Twaje gukina umukino umwe, [Brazil] Barakiriye kandi barahabwa amahirwe. Mfite icyizere ko tutaje Sao Paulo hano mu butembere."

Croatia yiteguye gusatira Brazil yivuye inyuma, ntiratsindwa ku ngoma y’umutoza Niko Kovac

Yakomeje agira ati " Ntitugiye kugarira, tuzabasatira. Tuzagerageza amahirwe yacu, Brazil ni ikipe ikomeye iyo ushaka kuyitsinda urayisatira."

Mu bikombe by’Isi Croatia yitabiriye, mu 1998 yagze muri 1/2

Mu gikombe cy’Isi cyo mu 1998 cyabereye mu Bufaransa niho Croatia yitwaye neza igera muri 1/2 nubwo mu 2010 batabashije kubona itike.

Icyo wamenya ku mukino wa Brazil na Croatia

Mu 2006, Brazil yatsinze Croatia igitego 1-0 mu mikino yo mu matsinda y’igikombe cy’Isi cyo mu Budage. Aya makipe yongeye guhura mu mukino wa gicuti mu 2005 banganya igitego 1-1.

Mu mikino 9 Brazil iheruka gukina yatsinzemo ibitego 30 itsindwa ibitego bibiri gusa. Umukino baheruka gutakaza muri 21 bakinnye ni uwa gicuti n’u Busuwisi muri Kanama 2013 gusa banganyije ine.

Mu gihe hari gukinwa igikombe cy’Isi ku nshuro ya 20, Brazil niyo kipe yonyine yitabiriye buri rushanwa.

Nibura mu bakinnyi 23 bahagarariye Brazil 6 gusa nibo bafite ubunararibonye mu mikino ya nyuma y’igikombe cy’Isi.

Kuva muri Kanama 2013, ubwo umutoza Kovac yafataga Croatia ntaratsindwa mu mikino itanu yakinnye ariko yanganyije ibiri.

Mu mikino 9 y’igikombe cy’Isi Croatia iheruka gukina yabonyemo amakarita atandatu y’umutuku.

Abakinnyi bashobora kubanza mu kibuga

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages