Ibi yabitangaje nyuma y’uko Rayon Sports ibonye amanota atatu yakuye kuri Bugesera FC ku wa Gatandatu, tariki ya 20 Mata 2024, inategura undi zizahuriramo zombi.
Uyu mutoza yabanje kuvuga ku mukino wahuje amakipe yombi ariko Rayon Sports ntihirwe n’igice cya mbere kuko yakirangije yatsinzwe igitego 1-0 yinjijwe itunguwe.
Ati “Nari nizeye neza ko nza gutsinda ibirenze uko twatsinze. Muri iyi minsi turi kurwara cyane sinzi uko nabivuga kuko hari abakinnyi bafite imvune. Manu [Emmanuel Mvuyekure] yahise na we avunika.
“Hari igihe uhita ubaza Imana kuki ibi biri kutubaho? Ubushize twatsinzwe igitego 1-0 n’abatagize icyo bakora. Gusa ibyo byose iyo wizera ibibaho mu buzima cyangwa igihe kiragera ukabinyuramo.”
Kwshyura iki gitego ndetse bakarenzaho n’ikindi, bigaragaza ko abakinnyi bagiye kwitegura neza umukino utaha nk’uko Mette yabigarutseho.
Ati “Ubu rero babonye ibyo bakoreye niyo mpamvu bigiye kubongerera imbaraga zo gutegura akandi kazi tugomba kurangiza mu minsi itatu iri imbere. Turiteguye kuko ndabizi iyi kipe niyo tuzongera tugahura. Iyo tuza no gutsindwa uyu munsi byari kutuzamura mu bundi buryo, agahinda twari kugira n’ibindi nk’ibyo.”
“Bagomba kubabara igihe batsinzwe kandi bikabongerera imbaraga. Iyo ukinira abafana benshi nk’abo dufite uba usabwa byinshi ntabwo ari kimwe no kujya gukora akazi ko mu biro. Buri gihe iyo dukinnye na Bugesera uribaza uti kubera iki bitubaho? Turakina, tugahatana ndetse tugakora buri kimwe ariko bikarangira twibaza uko bigenze. Bugesera FC iradutungura.”
Julien Mette yongeyeho ko mu mukino ukurikira wa azaba afite Kalisa Rashid, Mvuyekure Emmanuel na Bugingo Hakim ariko Mitima Isaac na Rudasingwa Prince bakaba batazawugaragaraho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!