Ni umukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’u Rwanda wabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 26 Mata 2024, ubera kuri Kigali Pelé Stadium.
Police FC yari iri gukinira ku kibuga yitorezaho yatangije umupira ndetse ihita igerageza n’uburyo bw’igitego ku munota wa gatatu ubwo Hakizimana Muhadjili yateraga ishoti rikomeye inyuma y’urubuga rw’amahina ariko rigaca iruhande rw’izamu.
Police FC yakomeje gushaka igitego hakiri kare cyane kuko urebye umupira yawihariye cyane mu kibuga hagati inagerageza kwinjira mu rubuga rw’amahina.
Ku munota wa 13 ni bwo Bugesera FC yabonye amahirwe ya mbere muri uyu mukino, ubwo Ani Elijah yacikaga Kwitonda Ally ariko nawe ananirwa gushyira mu izamu arebana naryo.
Ubu buryo bwinjije Bugesera FC mu mukino ndetse yongera no kugerageza ubundi bwa Vincent Adams watereye inyuma y’izamu ariko umunyezamu wa Police FC, Ruhumuriza Clovis awukuramo.
Ku munota wa 26, Kaneza Augustin yahaye umupira mwiza Dushimimana Olivier warebaga izamu ananirwa kurenza umupira umunyezamu wa Police FC ngo atsinde ahubwo awushyira hanze.
Ruhumuriza yakoze ikosa asohoka mu izamu nabi, bihurirana n’uko Vincent Adams wa Bugesera FC yamugezeho ariko agiye gutera mu izamu baragongana, umupira uhita ujya muri koruneri.
Ku munota wa 44, Kwitonda Ally yakoreye ikosa Ani Elijah mu rubuga rw’amahina umusifuzi ahita atanga penaliti, uyu rutahizamu arayiterera ndetse ayishyira mu izamu abonera Bugesera FC igitego cyazamuye kwihuta k’umukino.
iIgice cya mbere cyarangiye Bugesera FC iyoboye ku gitego 1-0, Police FC itangirana impinduka icya kabiri ahoyakuyemo Kwitonda Ally ishyiramo Nsabimana Eric.
Ibi ntibyabujije Bugesera FC gukomeza gukinana imbaraga kuko yifuzaga ikindi gitego ndetse no mu ntangiriro zacyo Ani Elijah yongera kugushwa mu rubuga rw’amahina gusa umusifuzi ntiyatanga penaliti.
Haringingo Francis nawe yakoze impinduka akuramo Vincent Adams wasaga n’uwananiwe amusimbuza Gakwaya Léonard.
Nyuma y’izi mpinduka abakinnyi ba Police FC bazamukanye imbaraga nyinshi ndetse bagera mu rubuga rw’amahina, ba myugariro ba Bugesera FC bananiwe gukuraho umupira, Nshuti Dominique Savio abatsindana igitego ku munota wa 65.
Mashami Vincent yongeye guhita akora izindi mpinduka aho yakuyemo Chukwuma Odili, Hakizimana Muhadjili na Mugisha Didier hajyamo Niyonsaba Eric, Kayitaba Bosco, na Nyamurangwa Moses.
Dushiminama Olivier yagerageje amahirwe imbere y’izamu ateye umutwe ku mupira yari aherejwe na Tuyihimbaze Gilbert ariko kubera amahirwe make uca iruhande rw’izamu gato.
Umukino wafashe umurego mu minota ya nyuma cyane cyane kuri Bugesera FC yasatiraga cyane ndetse ihita inabona igitego ku munota wa 88 gitsinzwe na Dushimina Olivier wahawe umupira na Ani Elijah.
Kubona amanota atatu byahesheje Bugesera FC kuva munsi y’umurongo utukura kuko yagize amanota 28 atuma irusha Sunrise abiri na Etoile de l’Est iri inyuma atatu.
Police FC yakomeje kuba ku mwanya wa gatanu wa Shampiyona ndetse n’amanota 39.
Aya makipe yombi azahurira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro uteganyijwe kuba tariki ya 1 Gicurasi 2024.
Amafoto: Kasiro Claude



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!