00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Buri kipe muri BK Pro League igiye guhabwa inkunga ya miliyoni 31 Frw

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 29 August 2026 saa 01:15
Yasuwe :

Rwanda Premier League yemeje ko mu mwaka w’imikino wa 2026/27, buri kipe mu zizakina BK Pro League zahabwa inkunga ya miliyoni 31 Frw, ndetse buri kipe yatsinze umukino ikajya ihabwa miliyoni 1 Frw.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 29 Kanama 2026, ni bwo uru rwego rureberera Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yagaragaje ibihembo ku makipe zitwara neza mu mwaka w’imikino utaha.

Mbere y’uko imikino ibanza itangira gukinwa kuva tariki ya 4 Nzeri 2026, buri kipe muri 16 zihatana izahabwa miliyoni 15,5 Frw, azongere guhabwa andi nk’ayo mbere y’imikino yo kwishyura. Mu mwaka wa 2025/26 buri kipe yari yahawe miliyoni 10 Frw.

Hashyizweho miliyoni 200 Frw yo kugabanya amakipe azajya yitwara neza ku mikino, aho buri kipe izajya ihabwa miliyoni 1 Frw, ndetse umukinnyi mwiza ku mukino akajya ahabwa ibihumbi 100 Frw.

Ibyemezo bishya mu gushakira ubushobozi abari muri shampiyona ntibyasize n’abasifuzi, kuko buri wese azajya ahabwa ibihumbi 35 Frw, nk’agahimbazamusyi katabarirwa ku mushahara bahabwa n’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA).

Amafaranga y’ibihembo yose azajya agera kuri konti za ba nyirayo bitarenze ku wa Mbere wa nyuma ya buri cyumweru.

Amakipe yo muri Sudani azakina mu Rwanda ari yo Al Hilal SC na Al Merrikh SC, ntabwo azahabwa ku mafaranga y’inkunga, ahubwo azahabwa ku mafaranga y’ibihembo.

Muri uyu mwaka w’imikino 2026/2027, Rwanda Premier League izakoresha ingengo y’imari ya 1.280.055.000 Frw.

Buri kipe mu zizakina muri BK Pro League izahabwa inkunga ya miliyoni 31

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages