00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byasabye abakinnyi 368: Urugendo rwagejeje Arsenal kuri Premier League nyuma y’imyaka 22 (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 27 May 2026 saa 11:18
Yasuwe :

Arsenal iherutse kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) nyuma y’imyaka 22, byayisabye gukoresha abakinnyi 368 muri urwo rugendo rwanyuzemo abatoza bane: Arsène Wenger, Unai Emery, Freddie Ljungberg wayitoje by’agateganyo na Mikel Arteta.

Ni igikombe iyi kipe y’i Londres yegukanye nyuma yo kuba iya kabiri mu myaka itatu yikurikiranya, ubwo yahigikwaga na Manchester City na Liverpool.

Kuri iyi nshuro, yegukanye Igikombe cya Shampiyona binyuze mu mikino 38 yakinnye. Yatsinzemo 26, inganya irindwi, itsindwa itanu. Yatsinze ibitego 71, itsindwa 27.

Iyi kipe kandi yakoze ibidasanzwe, aho yasoje shampiyona idatewe penaliti, itanahawe ikarita y’umutuku.

IGIHE yaguteguriye icyegeranyo kigaragaza urugendo rwa The Gunners n’umutoza Mikel Arteta wayigiyemo yitwa umwiga kugeza ayisubije ikuzo nyuma y’igihe kinini.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages