Mu gihe APR FC igiye gukina uwo mukino iheruka mu kibuga umwaka ushize, Mbabane Swallows yo, muri Mutarama 2016 yakinnye imikino ine ya shampiyona itsinda ibiri, inganya umwe inatsindwa umwe.
Kugeza ku munsi wa 16 wa MTN Premier League, Mbabane Swallows iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 31 irushwa inota rimwe na Highlanders na Young Buffaloes zombi zifite 32.
Ku rundi ruhande APR FC nayo iri ku mwanya wa gatatu ku rutonde rw’agateganyo rwa AZAM Rwanda Premier League n’amanota 18 inganya na Rayon Sports zikarushwa na AS Kigali amanota atatu.
Amateka ya Mbabane Swallows muri champions League
Mbabane Swallows imaze imyaka 68 ishinzwe, yitabiriye imikino ya CAF Champions League inshuro eshanu, umwaka wa 1998, 2006, 2010, 2014, na 2015 ariko ntirarenga ijonjora ribanza.
Mu mwaka wa 1998 yasezerewe na Royal Lesotho Defence Force yo muri Lesotho ku bitego bitandatu kuri kimwe, mu 2006 isezererwa na Orlando Pirates yo muri Afurika y’Epfo ku bitego birindwi kuri bibiri.
Mu mwaka wa 2010 yasezerewe na Supersport United yo muri Afurika y’Epfo ku bitego bitanu kuri bitatu, mu 2014 yasezerewe na Nkana yo muri Zambia ku bitego bitanu kuri bine, naho mu mwaka wa 2015 isezererwa na Zesco United yo muri Zambia ku bitego bibiri kuri kimwe.
Imvune zibasiye Mbabane Swallows:
Ikinyamakuru Times of Swaziland cyanditse ko abakinnyi batandatu ngenderwaho b’iyo kipe bafite ibibazo by’imvune ku buryo batazagaragara kuri uwo mukino na APR FC.
Muri abo bakinnyi harimo, Sabelo Ndzinisa, Njabulo Ndlovu, Sifiso Mabila, Xolani Magagula, Sandile Nkomishi Ginindza na Tony Tsabedze.
Sabelo, Ndlovu na Nkomishi ngo bagiriye ibibazo by’imvune mu mukino bakinnye kuwa Gatandatu n’ikipe yitwa Amalanda.
Umuyobozi w’iyo kipe, Sibusiso Manana yatangaje ko bugarijwe n’ibibazo by’imvune ariko ko abaganga bari gukora cyane kugira ngo nibura barebe ko ku Cyumweru hari ababa bagarutse.
APR FC yo yajyanye abakinnyi 18 bashobora kwitabazwa, ariko ugishidikanywaho ni Rusheshangoga Michel utarakira neza.
Abakinnyi 18 APR FC yajyanye muri Swaziland:
Abazamu: Kwizera Olivier, Ndoli Jean Claude
Ba myugariro: Rusheshangoga Michel, Ngabo Albert, Rutanga Eric, Bayisenge Emery, Nshutinamagara Ismael Kodo (C), Usengimana Faustin na Rwatubyaye Abdoul.
Abakina hagati: Mukunzi Yannnick, Ntamuhanga Tumaine, Butera Andrew, Bizimana Djihad, Benedata Janvier, Iranzi Jean Claude na Sibomana Patrick.
Abatahizamu: Mubumbyi Bernabeu na Ndahinduka Michel.
Kuri abo bakinnyi hiyongeraho umutoza mukuru, Rubona Emmanuel, umutoza wungirije, Bizimana Didier n’umutoza w’Abazamu, Mugabo Alex.
Uwo mukino uteganyijwe kuri iki Cyumweru saa kumi n’imwe n’igice ku isaha yo mu Rwanda, ukazabera kuri stade ya Somhlolo National Stadium.



















TANGA IGITEKEREZO