00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CAF Champions League: Al Hilal SC yatsindiye FC Saint-Éloi Lupopo i Kigali igera muri 1/4 (Amafoto)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 14 February 2026 saa 05:48
Yasuwe :

Al Hilal SC yo muri Sudani yatsinze FC Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0, igera muri 1/4 cya CAF Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Uyu mukino wa nyuma wo mu itsinda rya gatatu wabereye muri Stade Amahoro, ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026.

Saint-Éloi Lupopo yagiye muri uyu mukino ibura abakinnyi barindwi ndetse n’umutoza mukuru Guy Bukasa utatoje. Nubwo bimeze bityo yasabwaga gutsinda igakomeza, mu gihe indi no kunganya byari bihagije ngo ikomeze muri 1/4.

Uyu mukino watangiye utuje cyane kuko mu minota 20 nta kipe yari yabonye uburyo bw’igitego bukomeye.

Iyi kipe yo muri Sudani yazamukanye umupira neza, myugariro wo ku ruhande rw’iburyo, Steven Ebuela azamuka yihuta atera ishoti rikomeye atsinda igitego cya mbere ku munota wa 27.

Ku munota wa 30, FC Saint-Éloi Lupopo yakoze impinduka Junior Mavungu Mbele asimburwa na Abdoul Latif Djibril. Nyuma y’iminota ine gusa Lumande Twite yagize imvune asimburwa na Christe Siama.

Muri iyi minota, Al Hilal yasatiraga bikomeye ariko igahusha uburyo bwinshi bw’ibitego bwabonwaga na Girumugisha Jean Claude na Abdelrazig Taha.

Junior Marc Anthiapy Mendy yakoze ikosa rya kabiri ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo ziba umutuku, asohoka mu kibuga ku munota wa 44.

Igice cya mbere cyarangiye Al Hilal SC yatsinze FC Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0.

Amakipe yombi yatangiranye imbaraga igice cya kabiri yose asatira, aho Lupopo yashakaga kwishyura, Al Hilal igashaka ibindi bitego.

Mu minota 65, Lupopo yakinaga neza ihererekanya ariko kureba mu izamu bikaba ikibazo gikomeye.

Ku munota wa 67, Al Hilal yakoze impinduka eshatu, Steven Ebuela, Mohamed Yagub Yousif na Walieldin Safour basimbuwe na Kamaradini Mamudu, El Hadj Kane na Sunday Damilare.

Ku munota wa 71, Ravel Maxwell Djomekou yishyuye igitego ariko umusifuzi w’igitambaro avuga ko yaraririye bityo kirangwa.

Muri iyi minota, iyi kipe yo muri RDC yakinaga neza ku munota wa 75, Salaheldin Adil Ahmed wa Al Hilal yabonye ikarita ya kabiri y’umuhondo zibyara umutuku asohorwa mu kibuga. Amakipe yombi yakinnye iminota 15 ya nyuma ari abakinnyi 10.

Umukino warangiye Al Hilal SC yatsinze FC Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0 ikomeza muri 1/4 cya CAF Champions League, icyiciro yagarukiyemo umwaka ushize.

Undi mukino wo muri iri tsinda, Mamelodi Sundowns yatsinze MC Alger ibitego 2-0 igera muri 1/4.

Muri rusange iri tsinda, ryarangiye Al Hilal iri ku mwanya wa mbere n’amanota 11 ikurikiwe na Mamelodi Sundowns ifite icyenda, MC Alger ya gatatu ifite atandatu, mu gihe FC Saint-Éloi Lupopo yasoje ku mwanya wa nyuma n’amanota atanu.

Abakinnyi Al Hilal yabanje mu kibuga
Abakinnyi FC Saint-Éloi Lupopo yabanje mu kibuga
Al Hilal yahushije ibitego byinshi mu gice cya mbere
Lupopo yatojwe n'abatoza bungirije
Steven Ebuela na Mohamed Yagub bishimira igitego cya mbere
Ebuela na Girumugisha bishimira igitego
Abakinnyi ba Al Hilal cyabahaye itike ya 1/4
Al Hilal yageze muri 1/4 ku nshuro ya kabiri yikurikiranya
Bamwe bafataga amashusho y'urwibutso
Ernest Luzolo azamukana umupira
Wari umukino w'amahane
Girumugisha Jean Claude yagowe n'uyu mukino cyane
Salaheldin Adil Ahmed asohoka mu kibuga nyuma yo guhabwa ikarita y'umutuku
Abayobozi ba Al Hilal bashimira abafana
Ibyishimo byari byose ku Banya-Sudani
Abafana ba Al Hilal bari mu bicu
Abakinnyi ba FC Saint-Éloi Lupopo mu gahinda gakomeye nyuma y'umukino
John Mayanga ntiyiyumvisha uko basezerewe

Amafoto: Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages