00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CAF Confederation Cup: Impamvu za politiki zatumye USM Alger iterwa mpaga

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 25 April 2024 saa 11:14
Yasuwe :

Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) yateye mpaga Ikipe ya USM Alger yo muri Algeria nyuma y’uko ibangamiye RS Berkane yo muri Maroc ku mpamvu za politiki, bigatuma umukino ubanza wa 1/2 cya CAF Confederation Cup wagombaga guhuza amakipe yombi utaba ku Cyumweru.

Ni itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 24 Mata 2024, nyuma yo kutumvikana ku myambaro RS Berkane yari gukinisha mu mukino ubanza w’iki cyiciro.

RS Berkane yo muri Maroc yambara umwenda uriho ikarita y’igihugu ya Maroc iriho n’ubutaka bwa Sahara y’Iburengerazuba ifata nk’ubwayo, mu gihe Algeria ibufata nk’igihugu cyigenga.

Ubwo iyi kipe yo muri Maroc yari igeze ku kibuga cy’indege muri Algeria, iyo myambaro yarafatiriwe yangirwa kwinjira mu gihugu inasanga yateguriwe indi igomba kwambara itariho iyo karita.

Ibyo byatumye na yo yanga kujya mu kibuga gukina idahawe imyambaro iriho ibirango byose by’ikipe, byatumye umukino utaba hategerezwa icyemezo cy’Akanama Nkemurampaka ka CAF.

Kubera izo mpamvu, USM Alger yahise ifatirwa umwanzuro wo guterwa mpaga y’ibitego 3-0 ndetse nyuma ikazafatirwa n’ibindi bihano hamaze gusuzumana ubwitonzi ibikorwa byo kuvanga ruhago na politiki.

USM Alger ntiyigeze inyurwa n’uyu mwanzuro kuko yumva ko yarenganyijwe bitewe n’uko atariyo yanze gukina, bityo ikaba yatangiye no gutegura ubujurire igomba kujyana mu Rukiko Nkemurampaka rwa Siporo ku Isi (TAS).

Umukino wo kwishyura uzakinwa tariki ya 28 Mata 2024 kuri Stade Municipal Berkane muri Maroc.

USM Alger yatewe mpaga kubera kubangamira RS Berkane yo muri Maroc bigasubika umukino wa CAF Confederation Cup
RS Berkane yangiwe gukinana imyambaro iriho ikarita ya Maroc

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages